Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Abagore bagaragaje ibikorerwa abagabo babo bikabakoza isoni iyo babasanze mu buriri bataraye irondo
Share on FacebookShare on Twitter
Bamwe mu bagore bo mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bababazwa no kuba abagabo babo bamenwaho amazi bakanakubitirwa imbere yabo n’abana babo iyo babasanze mu buriri bataraye irondo.

Abavuga ibi, ni abo mu Mudugudu wa Rubeho muri aka Kagari ka Shara, bavuga ko bimaze kuba ku bagabo bagera muri batanu basanze mu buriri bataraye irondo, bakababyutsa ubundi bakabakorera ibyo bo bavuga ko ari ihohoterwa.

Zaina Yvonne ati “Iyo umugabo atagiye ku irondo baragenda bakamubyutsa mu muriri bakabanza bakamwuhagira hano ku itiyo y’amazi ubundi bakamutimbagura.”

Uyu muturage atanga ingero za bamwe mu bagabo azi byabayeho, ati “Hari umugabo witwa Bizimana n’undi witwa Marcel nawe baherutse kubyutsa baramukubita birangira bamujyanye ku irondo.”

Uwitwa Mukarukundo Chantal na we avuga ko hari abagabo baherutse kubyutsa mu gicuku bagahatwa igiti, nyamara ababakubita bakagombye kubanza kumenya impamvu yatumye batarara irondo.

Ati “Bakagombye kumenya ikibazo nibura uwo mugabo afite, harimo n’uwapfushije umugore muri iyi minsi, wenda aba yabuze uko asiga abana mu nzu bonyine.”

Abagabo bo muri aka gace, na bo bavuga ko ibi bikorerwa bagenzi babo, nubwo baba bakoze amakosa ariko bidakwiye. Minani Jean Bosco ati “Ntabwo bikwiye rwose, abana bari kureba, abagore bari kureba, urumva nyine ni igisuzuguriro.”

Umuyobozi w’umudugudu wa Rubeho, Rurihose Modetse ahakana ibitangazwa n’aba baturage, akavuga ko nta muturage wigeze akubitwa.

Ati “Nta babakubita ni ukubeshya ni ibinyoma. Nta mugabo nigeze mbona akubitwa hano, ntawakubiswe ntawe.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert avuga ko bidakwiye ko umuturage akubitwa azira kutarara irondo ndetse ko hagiye gukora igenzura kugira ngo ababikoze babihanirwe.

Ati “N’iyo yaba yagize ikindi kintu akora kibi, ntabwo akwiye gukubitwa kuko nta muturage ugomba gukubitwa. Maze n’uwakoze icyaha ntibamukubita nkanswe kurara irondo.”

Guverineri yavuze ko hagiye gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane niba hari abayobozi bakoreye aba baturage ibi, ubundi babiryozwe hakurikijwe amategeko.

Abagore bavuga ko ibikorerwa abagabo babo bibababaza
Abagabo na bo bavuga ko ibyo bakorerwa bibakoza isoni

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + sixteen =

Previous Post

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe uzaba akuriye Guverinoma nshya y’u Rwanda

Next Post

Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

Related Posts

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ushinja umugore we kumuruma igitsina, bombi barabyemera bakavuga n’uko byagenze,...

IZIHERUKA

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura
AMAHANGA

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

Dr Ngirente yagize icyo avuga ku cyizere yongeye kugirirwa na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.