Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe umubare mushya w’insengero zimaze gukorerwa igenzura mu Rwanda n’izagaragaye ko zizasenywa burundu

radiotv10by radiotv10
27/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangajwe umubare mushya w’insengero zimaze gukorerwa igenzura mu Rwanda n’izagaragaye ko zizasenywa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubugetegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana; yatangaje ko ubugenzuzi bumaze igihe bukorerwa insengero bumaze gukorerwa izirenga ibihumbi 14, zirimo izagaragaye ko zitujuje ibisabwa, nazo zikabamo izirenga 300 zo zizasenywa burundu kubera imiterere yazo n’aho ziherereye hadakwiye.

Minisitiri Musabyimana yabitangaje mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu, cyagarukaga ku ngingo imaze iminsi igarukwaho y’ubugenzuzi bumaze igihe bukorerwa insengero bwasize hari nyinshi zifunzwe kuko zitujuje ibisabwa.

Jean Claude Musabyimana yavuze ko ubundi ibikorwa by’amadini n’amatorero n’imiryango ishingiye ku myemerere, ari bigari, ariko ko ubugenzuzi bumaze iminsi bukorwa, bwibanze ku nsengero.

Yavuze ko kugeza ubu hamaze kugenzurwa insengero 14 094, aho ubugenzuzi bwasane hari insengero zitujuje ibisabwa ariko bishobora kuzuzwa, kimwe n’izindi byagaragaye ko zo zidashobora kongera gukorerwamo bitewe n’aho ziherereye, hashobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abazijyamo.

Ati “Izo ni zo zigomba kuhava bitewe n’uko ahantu ziri ziri mu manegeka. Harimo izirengera 600, muri zo 306 ntabwo wakongera kuzikoreramo na banyirazo barazizi, muranavugana bakavuga ngo ndumva nazategereza nkubaka inzu nashyiramo abantu ijyanye n’icyerekezo.”

Nanone kandi hakorewe igenzura ahantu hasengerwa atari mu nsengero, aho abantu bakunze guhurira bagasengera nko mu misozi no mu buvumo, aho ho hose hazafungwa burundu.

Minisitiri Musabyimana ati “Tumaze kubona ahantu 110 mu Gihugu, twumvikanye ko aha hantu tuhafunga, kuko ntakintu na kimwe gishobora kurinda abantu gihari.”

Avuga ko ahantu nk’aha hashobora gushyira ubuzima mu kaga, kuko uretse kuba hashobora kubera impanuka kubera imiterere yaho, haba hanashobora kuza ibindi biza bitunguranye nk’inkuba zikaba zakwica abantu.

Ingingo y’ifungwa ry’izi nsengero yazamuye impaka mu bantu, kubera uburyo byakorewe rimwe, ndetse bamwe bakavuga ko ubugenzuzi bwatinze gukorwa.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kandi yari iherutse gushyira hanze urutonde rw’imiryango 43 ishingiye ku myerere, yahagaritswe gukorera mu Rwanda kuko yakoraga idafite ubuzima gatozi.

Umunyamakuru Scovia Mutesi wari watumiwe muri iki kiganiro, yavuze ko aho izi nsengero zafunzwe ziri hasanzwe hari inzego za Leta zagombaga kuba zaragaragaje ibi bibazo mbere, zigafungwa bitarindiriye ko bikorerwa rimwe.

Ati “Hakwiye kuba haratangiye Gitifu w’Akagari atakamba, atanga raporo ku Karere, Akarere na ko kakabaza Minisitiri kati ‘tubikore gute?’ bakomeza bakomeza, ku buryo inzego zose zibifite, ariko byaje nk’icyorezo twese turikanga, nibidafite icyo bitwaye twabigize ikibazo.”

Abanyamadini na bo bemera ko harimo bagenzi babo bakora mu buryo butanoze, ku buryo koko aka kanyafu no guhwiturwa byari bikwiye kubaho kugira ngo bakomeze bubake roho z’abantu mu nzira zinoze koko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

U Rwanda rwatanze inkunga ya Miliyari 1,5Frw yo kugoboka Ibihugu byahuye n’isanganya ridasanzwe

Next Post

Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.