Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sudan imaze iminsi mu bibazo ubu hiyongereyeho ibindi biri gusiga benshi mu marira

radiotv10by radiotv10
30/08/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Sudan imaze iminsi mu bibazo ubu hiyongereyeho ibindi biri gusiga benshi mu marira
Share on FacebookShare on Twitter

Imyuzure imaze iminsi ibiri yibasiye ibice by’amajyaruguru ya Sudani, byasize bihitanye ababarirwa muri mirongo itatu, abandi amagana bava mu byabo, aho bamwe bavuga ko aka kaga karuta ibindi bibazo by’umutekano bamazemo iminsi.

Qureshi Hussein uvugira umuryango wegamiye kuri Leta urengera abaturage witwa Sudanese Civil Defense, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP dukesha iyi nkuru, ko abantu 31 babuze ubuzima bahitanywe n’iyi myuzure yatewe n’imvura imaze iminsi igwa muri iki Gihugu.

Yongeyeho ko ababarirwa mu magana bagizweho ingaruka n’iyi myuzure, yibasiye amajyaruguru ya Sudani.

Yagize ati “kugeza ubu turi kurwana no gushaka ubutabazi bwihuse, kuko abantu bari kurara mu mihanda kuko inzu zabo zatwawe, ku buryo ubuzima bwabo buri mukaga.”

Bamwe mu baturage baganiriye na AFP, bayibwiye ko akaga barimo uyu munsi, karuta kure ibibazo bari basanzwe bafite.

Yassin Abdul Wahab wakuwe mu bye n’iyi myuzure akisanga agomba kugondagonda agashitingi we n’umuryango we, yagize ati “Turiho nabi kuko tudafite aho turambika umusaya. Ubu turimo turagondagonda uduhema two kuba twikinzemo n’imiryango yacu, kandi biragoye no kubaka utwo duhemo kuko turi kwifashisha ibisigazwa by’amazu yacu yatwawe n’imyuzure.”

Si uyu gusa ubayeho nabi biturutse ku mvura nyinshi n’imyuzure imaze iminsi yibasiye iki Gihugu, kuko muri uku kwezi gusa habarwa abantu 317 000 bagizweho ingaruka n’ibi biza.

Muri bo, abakabakaba ibihumbi 118 bakuwe mu byabo bajya gusembera, umubare wiyongera ku bantu 10 410 713 babarwaga kugeza tariki 26 Nyakaga 2024 bavanywe mu byabo n’imirwanyo ishyamiranyije igisirikare cya Leta n’abarwanyi ba Rapid Support Forces, kuva yakwaduka mu kwezi kwa kane kw’umwaka ushize wa 2023, nk’uko raporo ya UNHCR ibigaragaza.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Umuhanzikazi nyarwanda yazamuye impaka kubera ifoto yishyiriye hanze

Next Post

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.