Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko

radiotv10by radiotv10
30/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
2
FERWAFA yibukijwe gukura amakipe mu rujijo ku cyo ategerezanyije amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwongeye kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) burisaba guhabwa umwanzuro ntakuka ku cyifuzo cyo kongera abanyamahanga bakava kuri batandatu (6) bakagera ku munani (8).

Nubwo Shampiyona ‘Rwanda Premier League’ imaze iminsi itangiye aho hamaze gukinwa imikino ibiri, gusa kugeza ubu haracyari urujijo ku mubare w’abanyamahanga bagomba gukina mu makipe.

Ni mu gihe habura amasaha macye ngo isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rifunge dore ko rihagarara saa sita z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier burangajwe imbere na Hadji Mudaheranwa, mu ibaruwa bwandikiye FERWAFA, bwayisabye gutangaza icyemezo bwafashe

Iyi baruwa igira iti “Dushingiye ku mushinga (draft) w’amabwiriza agenga Rwanda Premier League 2024-2025 twabagejejeho ku itariki 18 Nyakanga 2024 aho amakipe agize Rwanda Premier League yabanje kuganira kandi akemeneranya ko habaho ubusabe bwo kuzamura umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga ikipe yemerewe gukinisha muri Rwanda Premier League, mu rwego rwo kuzamura ireme ry’irushanwa ari byo dusanga byakongera kuzamura umubare w’abakunzi b’umupira w’amagauru ku bibuga byo mu Rwanda, tunejejwe no kubandikira tubibutsa kuduha igisubizo ku ngingo irebana n’umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga ikipe yemerewe gukinisha muri Rwanda Premier League.”

Ubuyobozi bwa RPL, buvuga ko mu gihe isoko ryafunga amakipe adahawe igisubizo byayateza igihombo gikomeye kubera ko amakipe yaguze abakinnyi yizeye ko ubusabe bwabo buzahabwa agaciro.

Aime Augustin
RADIOTV10

Comments 2

  1. Irakiza degueste says:
    2 years ago

    Ferwafa yarikwiye kumva ubusabe bwabanyamuryango bayo kuko umupira suwa ferwafa ahubwo nuwabantu rusange knd yarikwiye gufatira urugero kubihugu byateyimbere mumupira hakarebwa umubare wabanyamahanga muma champion yateye imbere natwe dufatiraho urugero

    Reply
  2. Irakiza degueste says:
    2 years ago

    Erega abanyamuryango ntibagakwie kubisaba ahubwo ferwafa irebera inyungu zabanyamuryango niyo ikwie kubisaba abanyamuryango bayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + two =

Previous Post

Sudan imaze iminsi mu bibazo ubu hiyongereyeho ibindi biri gusiga benshi mu marira

Next Post

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Related Posts

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

by radiotv10
22/05/2026
0

Rutahizamu w’ikirangirire w’ibihe byose Cristiano Ronaldo, yatsindiye ibitero bibiri ikipe ye ya Al-Nassr FC, bituma umubare w’ibitego bibura ngo yuzuze...

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

by radiotv10
22/05/2026
0

Cristiano Ronaldo n’ikipe ye Al Nassr FC begukanye igikombe cya shampiyona ya Saudi Arabia, kibaye icya mbere cya shampiyona Ronaldo...

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

by radiotv10
20/05/2026
0

Myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo, Warren Kamanzi, yamaze gutandukana n’ikipe yakiniraga ya Toulouse FC yo mu cyiciro cya mbere mu...

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

by radiotv10
20/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda, ku bwo gutwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Ibyo wamenya ku miterere y’inoti nshya zashyizwe hanze n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.