Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare 1.160 barimo Gen. J.Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru wa RDF bagiye mu kiruhuko

radiotv10by radiotv10
31/08/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare 1.160 barimo Gen. J.Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru wa RDF bagiye mu kiruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 1 167 barimo abo ku rwego rw’Abajenerali batanu barimo na General Jean Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, bagiye mu kirihuko cy’izabukuru.

Byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Kanama 2024, nyuma yuko hanabaye umuhango wo kubasezezerera wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama.

Ni itangazo rivuga ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF yemeje ijyanwa ryo mu kiruhuko cy’izabukuru ku Bajenerali bakurikira:…”

Mu basezerewe, harimo General Jean Bosco Kazura wagize imyanya mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, nko kuba yarabaye Umugaba Mukuru wazo kuva muri 2019 kugeza muri 2023 ubwo yasimbuzwaga General Mubarakh Muganga ari na we Mugaba Mukuru wa RDF ubu.

Muri aba basirikare 1 167 basezerewe kandi, harimo abandi bane bo ku rwego rw’Abajenerali, barimo Brig Gen John Bagabo, Brig Gen John Bosco Rutikanga, Brig Gen Johnson Hodali, na Brig Gen Firmin Bayingana.

Iri tangazo ry’Ubuyobozi Bukuru bwa RDF, rikomeza rivuga kandi ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yaneme isezererwa ry’abofisiye bakuru 170 ndetse n’abandi 992 bafite andi mapeti.”

Umuhango wo gusezerera aba basirikare, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, wari uhagarariye Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Wanitabiriwe kandi n’abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda, barimo Umugaba Mukuru wazo, General Mubarakh Muganda, n’Abagaba Bakuru b’ingabo zirimo izirwanira mu Kirere, izirwanira ku Butaka ndetse n’uw’Ingabo zishinzwe Ubuvuzi, kimwe n’abandi basirikare bakuru b’Abajenerali.

Juvenal Marizamunda yashimiye Abajenerali n’abandi bofisiye bakuru ku bw’uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi, ndetse n’uruhare bagize mu iterambere u Rwanda rugezeho.

Yagize ati “Ndabifuriza kuzakomeza kurangwa n’umuhate mwakomeje kugaragaza muri iyi myaka yose. Abasirikare ba RDF bakiri bato babigiyeho byinshi, kandi ndizera ko muzakomeza gutanga umusanzu mu kurinda Igihugu cyacu.”

Brig Gen John Bagabo, wavuze mu izina rya bagenzi be bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yashimiye Perezida Paul Kagame akaba Umugaba w’Ikirenga wa RDF ku bw’imiyoborere ye yakomeje kubabera urumuri mu myaka yose bamaze bakorera Igihugu ndetse no mu gihe cy’Urugamba rwo kubohora Igihugu.

Ati “Aya mahame azakomeza kuba muri twe kandi azakomeza kutuyobora. Nk’uko turi kujya mu basezerewe, dutewe ishema n’umuhango wo kudusezerera mu cyubahiro. Turifuza ko abayobozi bari hano bazatugereza ubutumwa bwacu ku Mugaba w’Ikirenga, ko tumusezeranya ko tuzakomeza kugira umuhate mu gukorera no kurinda ibyagezweho twarwaniye mu myaka yose yatambutse.”

Brig Gen John Bagabo yavuze kandi ko nubwo bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ariko bazakomeza gutanga umusanzu mu bikorwa bya RDF igihe cyose bazahabwa inshingano kimwe n’ubutumwa bashobora kuzoherezwamo.

 

Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda wari uhagarariye Umugaba w’Ikirenga yageneye ubutumwa abasezerewe
Umuhango wanitabiriwe na bamwe mu bo mu muryango w’abasezerewe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Next Post

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk'ayarangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.