Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare 1.160 barimo Gen. J.Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru wa RDF bagiye mu kiruhuko

radiotv10by radiotv10
31/08/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare 1.160 barimo Gen. J.Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru wa RDF bagiye mu kiruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 1 167 barimo abo ku rwego rw’Abajenerali batanu barimo na General Jean Bosco Kazura wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, bagiye mu kirihuko cy’izabukuru.

Byatangajwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki 31 Kanama 2024, nyuma yuko hanabaye umuhango wo kubasezezerera wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama.

Ni itangazo rivuga ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF yemeje ijyanwa ryo mu kiruhuko cy’izabukuru ku Bajenerali bakurikira:…”

Mu basezerewe, harimo General Jean Bosco Kazura wagize imyanya mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, nko kuba yarabaye Umugaba Mukuru wazo kuva muri 2019 kugeza muri 2023 ubwo yasimbuzwaga General Mubarakh Muganga ari na we Mugaba Mukuru wa RDF ubu.

Muri aba basirikare 1 167 basezerewe kandi, harimo abandi bane bo ku rwego rw’Abajenerali, barimo Brig Gen John Bagabo, Brig Gen John Bosco Rutikanga, Brig Gen Johnson Hodali, na Brig Gen Firmin Bayingana.

Iri tangazo ry’Ubuyobozi Bukuru bwa RDF, rikomeza rivuga kandi ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yaneme isezererwa ry’abofisiye bakuru 170 ndetse n’abandi 992 bafite andi mapeti.”

Umuhango wo gusezerera aba basirikare, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, wari uhagarariye Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Wanitabiriwe kandi n’abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda, barimo Umugaba Mukuru wazo, General Mubarakh Muganda, n’Abagaba Bakuru b’ingabo zirimo izirwanira mu Kirere, izirwanira ku Butaka ndetse n’uw’Ingabo zishinzwe Ubuvuzi, kimwe n’abandi basirikare bakuru b’Abajenerali.

Juvenal Marizamunda yashimiye Abajenerali n’abandi bofisiye bakuru ku bw’uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi, ndetse n’uruhare bagize mu iterambere u Rwanda rugezeho.

Yagize ati “Ndabifuriza kuzakomeza kurangwa n’umuhate mwakomeje kugaragaza muri iyi myaka yose. Abasirikare ba RDF bakiri bato babigiyeho byinshi, kandi ndizera ko muzakomeza gutanga umusanzu mu kurinda Igihugu cyacu.”

Brig Gen John Bagabo, wavuze mu izina rya bagenzi be bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yashimiye Perezida Paul Kagame akaba Umugaba w’Ikirenga wa RDF ku bw’imiyoborere ye yakomeje kubabera urumuri mu myaka yose bamaze bakorera Igihugu ndetse no mu gihe cy’Urugamba rwo kubohora Igihugu.

Ati “Aya mahame azakomeza kuba muri twe kandi azakomeza kutuyobora. Nk’uko turi kujya mu basezerewe, dutewe ishema n’umuhango wo kudusezerera mu cyubahiro. Turifuza ko abayobozi bari hano bazatugereza ubutumwa bwacu ku Mugaba w’Ikirenga, ko tumusezeranya ko tuzakomeza kugira umuhate mu gukorera no kurinda ibyagezweho twarwaniye mu myaka yose yatambutse.”

Brig Gen John Bagabo yavuze kandi ko nubwo bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ariko bazakomeza gutanga umusanzu mu bikorwa bya RDF igihe cyose bazahabwa inshingano kimwe n’ubutumwa bashobora kuzoherezwamo.

 

Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda wari uhagarariye Umugaba w’Ikirenga yageneye ubutumwa abasezerewe
Umuhango wanitabiriwe na bamwe mu bo mu muryango w’abasezerewe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 10 =

Previous Post

Ubutumwa bw’umunyamakuru Anita Pendo nyuma yo gusezera igitangazamakuru yari amazeho imyaka 10

Next Post

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk’ayarangiye

Hakuweho urujijo ku bavuga ko amatora y’Abasenteri b’u Rwanda asa nk'ayarangiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.