Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago

radiotv10by radiotv10
04/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku byo yavuzweho na mugenzi we Yago
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M. Irene yanyomoje ibiherutse gutangazwa na mugenzi we Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, wavuze amagambo akomeye ku mubyeyi we; avuga ko ibyo yatangaje kuri Se ari ibinyoma.

Muri iyi minsi, inkuru igezweho mu myidagaduro yo mu Rwanda, ni iy’umunyamakuru akaba n’umuhanzi Yago ukomeje kwikoma abo yita ko bashatse kumugirira nabi, aho avuga kuri buri muntu ibyo amunenga.

Mu bo avugaho, harimo abahanzi, abatunganya imiziki, ndetse n’abanyamakuru bagenzi be barimo Murindahabi Irene (M.Irene), aho uyu munyamakuru Yago akoresha amagambo aremereye akaninjira mu buzima bwite bw’abantu n’imiryango yabo.

Ku munyamakuru M. Irene, uyu mugenzi we Yago yavuze ko yihakana Se ngo kuko “yahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi” ndetse ngo akaba abifungiye.

Anavugamo kandi ko uyu munyamakuru mugenzi we ngo yitiranwa n’umubyeyi [Murindahabi], ati “Iso ntakwanga akwita nabi koko, Murindahabi…”

Umunyamakuru M. Irene yanyomoje aya makuru yatangajwe na mugenzi we Yago, avuga ko umubyeyi we atakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’icyemezo cy’uko ari ingaragu kigaragaza umwirondoro we, M. Irene yagaragaje ko Se batitiranwa nk’uko byavuzwe na mugenzi we Yago.

Ati “Data ni Gakindi Gabriel, ikindi ntafunzwe, ntiyanafunzweho, ahubwo yaratabarutse, kandi nta cyaha na kimwe akiriho yakoreye u Rwanda.”

M. Irene yakomeje ubutumwa bwe asaba uyu mugenzi we ukomeje kumushinyagurira, kureka umubyeyi we akaruhukira mu mahoro. Ati “Njye ndahari, ukore icyo ushaka.”

Umunyamakuru Yago aherutse gutangaza ko yahunze u Rwanda kubera abagambanyi bashakaga kumugirira nabi, mu gihe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko yahunze agifite ibyaha akurikiranyweho.

Umunyamakuru M. Irene
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Yago

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 12 =

Previous Post

Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja

Next Post

Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka

Related Posts

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

by radiotv10
10/09/2025
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka

Kigali: Hagaragajwe impamvu ituma ibyangombwa byo kubaka bitinda kuboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.