Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in MU RWANDA
0
Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu mujyi wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo no nkengero zawo, baravuga ko hakomeje kugaragara imbwa nyinshi batazi aho zituruka, zibateza ibibazo kuko hari abo zirya, n’abo zikoresha impanuka zo mu muhanda, abandi zikabazanira umwanda mu ngo zabo.

Aba baturage kandi bavuga ko bafite impungenge ko izi mbwa zabarya cyangwa zikabarira abana babo baba basize mu ngo.

Simpenzwe Leonce ati “Hari ubwo ziba ari nyinshi zimeze nk’iziri mu igobe, wajya gucaho zikakubuza inzira. Njye nari ntwaye umugenzi narimo nerekeza mu Kagari ka Nyabisindu, ndimo ndagenda, imbwa yambukiranya umuhanda mba ndayigonze kandi nari ntwaye n’umugenzi turagwa tujya kwa muganga.”

Aba baturage kandi bavuga ko zigenda zisiga umwanda wazo aho zigeze hose, ku buryo haba hari umunuko ndetse bakaba bafite impungenge ko byazabateza indwara ziterwa n’umwanda.

Habiamana Vedaste ati “Zigenda zita umwanda wazo [imvugo yakoresheje ntitwifuje kuyikoresha mu nyandiko yacu] aho zigeze hose ugasanga abana bakasemo (bakandagiyemo), n’iyo twajya no guhinga ugasanga ziririrwa zandagara.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard agira inama abatunze aya matungo kubahiriza amabwiriza, arimo kuzikingiza.

Ati “Nta mbwa zikwiye kuzerera ku gasozi. Niba umuntu yoroye itungo rye riba rikwiye kuba riri iwe, rikingiye, rifite veterineri uryitaho kugira ngo ritaba ryahungabanya umutekano.”

Avuga ko zikomeje kugaragara gutya mu ngo no mu nsisiro, zishobora guteza ibibazo, ati “zishobora kuba zateza impanuka, hari ukuba zarya umuntu, zishobora kurya amatungo y’abantu. Niyo mpamvu tugira inama bafite cyangwa aboroye imbwa ko bagomba kubahiriza ibiteganywa n’amategeko.”

Uyu muyobozi yizeza abaturage ko ku bufatanye bw’inzego z’ibanze n’izindi zirimo iz’umutekano, bazashaka umuti w’iki kibazo ku buryo aya matungo azafatwa agasubizwa aho agomba kuba ari.

Izi mbwa zirirwa zizerera

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 9 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje umusaruro wagaragaye kuva u Bushinwa na Afurika batangirana imikoranire yihariye

Next Post

Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.