Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ubuyobozi bwihaye umuhigo ku kibazo buvuga ko kigayitse kikigaragara mu baturage bamwe

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ubuyobozi bwihaye umuhigo ku kibazo buvuga ko kigayitse kikigaragara mu baturage bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hari bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bakiherera ku gasozi bavuga ko badafite ubushobozi bwo kwiyubakira ubwiherero, Ubuyobozi bw’aka Karere buravuga ko ibi bigayitse ariko ko mu kwezi kumwe iki kibazo kiba cyabaye amateka.

Bamwe muri aba baturage ni abo mu Mudugudu wa Kabere mu Kagari ka Nyaruteme, aho umunyamakuru yasanze zimwe mu ngo zaho zitagira ubwiherero, ndetse bamwe bamwerurira ko hari abakijya kwiherera mu bisambu.

Icyimanimpaye Chantal ati “Baba bafite ibyo byobo bidapfutse ariko babijyamo. Gusa ni nko ku gasozi kuko amasazi aratuma agatumuka.”

Nyiransabimana Martine na we avuga ko abaturanyi babo, babangamye kuko kuba badafite ubwiherero bitari bikwiye muri iki gihe isi igezemo.

Ati “Hari abajya mu gasozi bakajya mu misambya y’imirima bakabatereramo n’amabuye, none se wagize ngo wajya mu bwiherero bw’undi kabiri, gatatu ntakwibazeho.”

Aba baturage bagaya bagenzi babo, bakavuga ko atari ubushobozi bwabuze nk’uko babivuga, ahubwo ko atari ukumva uburemere bwabyo.

Uwiduhaye Francoise ati “Hari bacye babishyiramo umwete, ariko abandi ntibawushyiremo bakabona ko nta kamaro bibamariye kugira ubwiherero, mbese ni ukutabyitaho.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Uwizeyimana Josianne, yanga kugira icyo amubwira kuri iki kibazo ubwo yamusangaga ku Biro bye, aho kukimubwiraho, ahita yiyinjirira mu modoka yamusuzuguye.

Ni mu gihe Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper usanzwe avugana n’itangazamakuru atarigoye, yabwiye umunyamakuru ko iki kibazo bagiye kugishakira umuti wihuse.

Ati “Biragayitse guhora tuvuga ubwiherero imyaka icumi igashira! Tugomba kubirangiza tukajya mu zindi gahunda z’iterambere. Kanzenze turi gupanga imiganda idasanzwe abaturage bafite amikoro macye tukabafasha kubaka ubwo bwiherero, naho abafite ubushobozi tukabategeka kubwubaka mu gihe gitoya kandi twatanze standard ntabwo umuntu yemerewe kubaka ubwiherero umuntu atakwinjiramo ahagaze kandi bukaba ari ubwiherero busa neza imbere n’inyuma.”

Mulindwa Prosper akomeza agaragaza ko gahunda y’Umuyobozi mu Isibo igamije kohereza abayobozi ku rwego rw’Akarere, Umurenge n’abafatanyabikorwa mu iterambere mu Masibo atandukanye kugira ngo bifashe gukemura mu buryo bwihuse iki kibazo cy’ubwiherero kimwe n’ibindi bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.

Ntibatinya gukoresha ubwiherero bushobora kubashyira mu kaga

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Menya Abasenateri bahagarariye Intara zose muri Sena y’u Rwanda biganjemo abasanzwemo

Next Post

Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.