Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igikekwa ku murambo w’umusirikare wa FARDC wagaragaye hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda

Photo/ Internet: Ifoto yifashishijwe n'iy'umurambo w'undi musirikare wa Congo wagaragaye hafi y'umupaka n'u Rwanda mu bihe byatambutse

Share on FacebookShare on Twitter

Umurambo w’umusirikare w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaye hafi y’urugabano rw’iki Gihugu n’u Rwanda, birakekwa ko yishwe na bagenzi be ba FARDC bari basinze.

Ni umurambo wabonetse kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Nzeri 2024, ariko bikaba bikekwa ko uyu musirikare yishwe mu ijoro ryari ryabanje ryo ku wa Kabiri tariki 17 Nzeri.

Umurambo w’uyu musirikare wa FARDC wagaragaye muri Gurupoma ya Uvira muri Teritwari ya Nyiragongo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, hafi y’aho DRC igabanira n’u Rwanda, aho aka gace gakora ku Karere ka Rubavu.

Abaturage bo mu Rwanda batuye mu Mudugudu wa Bisizi mu Kagari ka Busigari mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuze ko babonaga umurambo w’uyu musirikare hakurya mu butaka bwa Congo, ndetse iruhande rwe hari imbunda yo mu bwoko bwa AK 47 ikoreshwa mu ntambara.

Bavuze kandi ko mu masaha y’ijoro ryari ryabanje [ku wa Kabiri] bumvise urusaku rw’amasasu menshi yavugiraga hakurya muri Congo, ariko ntibabyiteho kuko muri aka gace bamaze kumenyera amasasu aba avugira muri Congo ahasanzwe hahora ibibazo by’umutekano mucye.

Birakekwa ko uyu musirikare wa Congo yishwe arashwe na bagenzi be bo muri FARDC, muri iryo joro babitewe n’ubusinzi, kuko bikunze kuba ko abasirikare bo muri Congo Kinshasa basinda bakarasana.

Nyuma yuko uyu murambo ubonetse, hiyambajwe Urwego EJVM rushinzwe kugenzura imikoreshereze y’imipaka mu karere, rwanakoze isuzuma ariko ntihatangazwa icyaba cyahitanye uyu musirikare.

Umurambo wo wahise woherezwa mu Bitaro bya gisirikare bya Katindo i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − six =

Previous Post

Utavuga rumwe na Tshisekedi yakomoje kuri FDLR anagaragaza ahazava umuti w’ibibazo bya Congo

Next Post

RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

Related Posts

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatanze impuruza ku mahanga ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri kwitegura intambara yeruye,...

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
12/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

by radiotv10
11/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana...

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutegetsi bwa Mali buri mu maboko y’igisirikare, bwataye muri yombi abasirikare benshi barimo Abajenerali bakekwaho umugambi wo gushaka kubuhirika. Aba...

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

by radiotv10
11/08/2025
0

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera barimo Anas Al Sharif wigeze guterwa ubwoba na Israel imushija gukorana n’umutwe wa Hamas, bahitanywe...

IZIHERUKA

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion
IMYIDAGADURO

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

by radiotv10
12/08/2025
0

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

12/08/2025
U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

12/08/2025
Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.