Thursday, October 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Wari uzi ko kwivuza nabi ‘Ikirimi’ bishobora gutera umuntu gutakaza ijwi burundu?

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in Uncategorized
0
Wari uzi ko kwivuza nabi ‘Ikirimi’ bishobora gutera umuntu gutakaza ijwi burundu?
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga mu ndwara zifata ubuhumekero, bavuga ko indwara ifata utunyama tuba mu kanwa izwi nk’Ikirimi, ivurirwa kwa muganga igakira mu gihe bamwe bajya kuyivuriza mu bavuzi gakondo bashobora no gukata utwo tunyama kandi bishobora gutera ingaruka zirimo no gutakaza ijwi.

Iyi ndwara ikunze gufata abana, ubusanzwe ivurirwa kwa muganga nk’uko izindi zose zihavurirwa mu gihe hari bamwe bajya mu bavuzi gakondo bazwi nka ba Rumashana.

Umwe mu bayirwaye akajya kuyivuriza mu bavuzi gakondo, avuga ko yavuwe bamukase utwo tunyama kandi agakira neza.

Dr Umuhoza Christian ni umuganaga w’abana mu bitaro bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, avuga ko hari bamwe bafite imyumvire itari yo kuri iyi ndwara.

Avuga ko turiya tunyama tubiri two mu kanwa dufite akamaro ku ko kubuza ibyo kurya cyangwa ibyo kunywa kutinjira mu bihaha.

Ati “Iyo umuntu yarwaye rero utwo tunyama turabyimba tugatukura yewe dushobora no kuzamo amashyira ni utwo rero abavuzi gakondo bahita bakata ariko iyo aje kwa muganga twebwe hari imiti tumuha ikabikamura agakira.”

Uyu muganga akomeza avuga abajya kwivuza mu bavuzi gakondo bagakata turiya tunyama bishobora kugira ingaruka zikomeye.

Ati “Umuntu ahorana inkorora ndetse ijwi rishobora no kugenda yewe ashobora no kuva cyane igihe bamukase akaba yapfa.”

Abahanga mu buvuzi bavuga ko ufite uburwayi nka buri iyo ageze kwa muganga abanza gufashwa kugabanyirizwa umuriro ubundi agahabwa imiti yica mikorobe zitera bwa burwayi.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Byiringiro Lague mbere yo kurongora yabatijwe mu mazi magari

Next Post

Mango 4G yahakanye ibyo kwirukana umukozi wayo imuziza ko atwite

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

by radiotv10
23/10/2025
0

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mango 4G yahakanye ibyo kwirukana umukozi wayo imuziza ko atwite

Mango 4G yahakanye ibyo kwirukana umukozi wayo imuziza ko atwite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.