Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Menya amaraso mashya yongewe mu makipe ya Polisi y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in SIPORO
0
Volleyball: Menya amaraso mashya yongewe mu makipe ya Polisi y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwagaragaje abakinnyi n’abatoza bazakoreshwa mu mwaka w’imikino wa 2024-2025 muri Volleyball, aho mu ikipe y’abagabo, harimo abakinnyi bashya batatu barimo uvuye mu ikipe yo muri Algeria.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Ukwakira 2024 ku cyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, cyanitabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije ushinzwe Ubutegetsi n’Abakozi (DIGP), DCG Jeanne Chantal Ujeneza n’umuyobozi w’amakipe ya Volleyball ya Polisi, CSP Jackline URUJENI.

Hari kandi abatoza, abakinnyi b’amakipe yombi azitabira shampiyona y’u Rwanda izatangira kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024.

Mu kwitegura uyu mwaka, ikipe ya Police Volleyball Club y’Abagabo yongeyemo abakinnyi batatu, ari bo Manzi Saduru wavuye muri APR VC, Jahara Koita (Outside Hitter) wakinaga mu ikipe ya OMK VC yo muri Algeria, na Ishimwe Patrick (Receiver attacker) wasoje amashuri yisumbuye ari mu beza mu ikipe ya GS Officiel de Butare.

Mu ikipe y’Abagore hongerewemo Umunya-Ghanakazi AYEPOE Sandra Azuremah (Middle Blocker) wakinaga mu ikipe ya El Walk Wings y’iwabo muri Ghana.

Herekanywe kandi umutoza ushinzwe kongerera abakinnyi imbaraga mu ikipe y’Abagore ari we Murangwa Usenga Sandrine n’ushinzwe itangazamakuru mu makipe yombi, Imani Isaac Rabbin.

Police VC y’Abagabo isanzwe itozwa na Musoni Fred, iritegura gukina umukino wa mbere kuri uyu wa Gatanu, aho izakina na REG VC, mu mukino uzabera muri Petit Stade.

Police VC y’Abagore itozwa na Hatumimana Christian, izatangira ikina n’ikipe ya East Africa University Rwanda WVC, ni umukino uzakinwa ku wa Gatandatu muri Petit Stade.

Hongewe imbaraga muri Police VC

Habayeho n’ibiganiro by’imyiteguro y’imikino

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 20 =

Previous Post

Umuhanzi waririmbye mu itsinda ryamamaye ku Isi yapfuye urupfu rutunguranye

Next Post

Hafashwe icyemezo mu rubanza rwa Miliyoni 10Frw rwaregwamo Umuhanzi Nyarwanda

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium
IMYIDAGADURO

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo mu rubanza rwa Miliyoni 10Frw rwaregwamo Umuhanzi Nyarwanda

Hafashwe icyemezo mu rubanza rwa Miliyoni 10Frw rwaregwamo Umuhanzi Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.