Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in Uncategorized
0
Hatangajwe icyemezo ku bujurire bwa Musonera wari ugiye kuba Umudepite ubu ukurikiranyweho Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Musonera Germain washakaga kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ubu ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, nyuma yo kujurira icyemezo yafatiwe mbere.

Nk’uko amakuru dukesha Ikinyamakuru Umuseke abivuga, iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye, rwashimangiye icyari cyafashwe n’urw’Ibanze rwa Kiyumba, rwemeje ko Musonera afungwa by’agateganyo iminsi 30 kubera uburemere bw’ibyaha akurikiranyweho.

Uyu wari ku rutonde rw’abahataniraga kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko-Umutwe w’Abadepite, aregwa ibyaha bya Jenoside byakorewe mu yahoze ari Komini Nyabikenke, ubu ni mu Murenge wa Kiyumva mu Karere ka Muhanga.

Ashinjwa ibirimo urupfu rwa Kayihura Jean Marie Vianney wishwe n’igitero cyabanje kumuzana mu kabari ke, akaza kwicirwa kuri Paruwasi ya Kanyanza.

Musonera we ahakana ibyaha ashinjwa, ndetse akaba yaraburanye asaba gukurikiranwa ari hanze, mu gihe Ubushinjacyaha bwagaragaje ko gukurikiranwa afunze ari bwo buryo bwizewe bwo kuba atabangamira iperereza.

Ubushinjacyaha kandi bugaragaza ko hari amakuru butegereje kuzahabwa na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yavuye mu Nkiko Gacaca, ndetse ko hari ubuhamya bw’abatangabuhamya buri gukusanywa.

Nyuma yuko Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba rufashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo Musonera, uregwa yari yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, na rwo rwemeza ko akomeza gufungwa iminsi 30, ariko kuko iminsi yendaga kurangire, byemezwa ko kuyongera biburanishwa n’Urukiko ruri mu ifasi y’aho uregwa afungiye.

Mu rubanza rw’ubujurire, Musonera we yavugaga ko nta perereza ateganya kubangamira, kandi ko adashobora gutoroka Ubutabera.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye, rwemeje ko icyemezo cy’urw’Ibanze rwa Kiyumba gifite ishingiro, ku bw’impamvu zatanzwe n’Ubushinjacyaha zigize impamvu zikomeye, rwemeza ko akomeza gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Hemejwe iyicwa ry’abakomando babiri ba ADF bivuganywe muri operasiyo y’Igisirikare cya Uganda n’icya Congo

Next Post

BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

Related Posts

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300
MU RWANDA

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

12/08/2025
Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

BREAKING: Byasubiye irudubi muri Kenya hahita hafatwa ikindi cyemezo ku kweguza Visi Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.