Sunday, February 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwanda: Abanyeshuri bujuje ukwezi bisanze mu myigire y’ihurizo rikomeye

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwanda: Abanyeshuri bujuje ukwezi bisanze mu myigire y’ihurizo rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kigo cy’amashuri abanza cya Gisozi mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, hari ikibazo cy’abana bamaze ukwezi biga babyiganira mu ishuri n’imifuka y’ibiribwa, nyuma yuko igisenge cy’igikoni n’ububiko gitwawe n’umuyaga.

Mu mvura ya mbere yaguye mu kibaya cya Bugarama mu ntangiriro z’ukwezi gushize k’Ukwakira, ni bwo igisenge cy’igikoni n’ububiko bw’ibiribwa by’abanyeshuri cyatwawe n’umuyaga ugita muri metero 200 ku nzu y’umuturage.

Mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo kugira ngo ibiribwa bitangirika, byabaye ngombwa ko imifuka y’ibishyimbo, kawunga n’umuceri bishyirwa muri bimwe mu byumba by’amashuri aho bamwe mu barezi muri iki kigo bavuga ko bibangamiye imitangire y’amasomo.

Irakoze Elyse ukuriye abarimu muri iki kigo yagize ati “Biratugora cyane kugira ngo ubashe kwigisha umwana ari kureba imifuka y’ibishyimbo, natwe kandi ntabwo tubasha kugera ku kibaho neza, niba ikibaho gifite metero eshatu tukaba turi gukoresha kimwe cya gatatu kubera imifuka iharunze, twigisha ibintu bicye cyane mu gihe kinini.”

Uretse kuba imifuka y’ibiribwa irunze mu mashuri ibangamiye imyigishirize, iri shuri rinafite ikibazo cyo kuba kugeza ubu igikoni kitarasakarwa kuko bibangamira imitegurire y’amafunguro y’abanyeshuri, kuko iyo imvura yaguye bituma batayabonera ku gihe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo kizwi kandi ko hari ibiri gukorwa kugira ngo kibonerwe umuti.

Yagize ati “Ni ikibazo tuzi, nk’Ubuyobozi bw’Akarere Ntabwo twabirebereye, ahubwo hari umufatanyabikorwa wacu witwa World Vision watwemereye amabati yo kongera gusakara hariya.”

Imifuka y’ibiribwa irunze mu byumba by’amashuri, abana biga bayireba
Abarimu bavuga ko na bo bibabangamira mu myigishirize yabo
Ni nyuma yuko igisenge cy’igikoni n’ububiko kigurutse
No gutegura amafunguro byajemo ibibazo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Umuhanzikazi w’ikirangirire yababajwe n’ibyo umugabo we yakoze batabyumvikanyeho

Next Post

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.