Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwanda: Abanyeshuri bujuje ukwezi bisanze mu myigire y’ihurizo rikomeye

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwanda: Abanyeshuri bujuje ukwezi bisanze mu myigire y’ihurizo rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kigo cy’amashuri abanza cya Gisozi mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, hari ikibazo cy’abana bamaze ukwezi biga babyiganira mu ishuri n’imifuka y’ibiribwa, nyuma yuko igisenge cy’igikoni n’ububiko gitwawe n’umuyaga.

Mu mvura ya mbere yaguye mu kibaya cya Bugarama mu ntangiriro z’ukwezi gushize k’Ukwakira, ni bwo igisenge cy’igikoni n’ububiko bw’ibiribwa by’abanyeshuri cyatwawe n’umuyaga ugita muri metero 200 ku nzu y’umuturage.

Mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo kugira ngo ibiribwa bitangirika, byabaye ngombwa ko imifuka y’ibishyimbo, kawunga n’umuceri bishyirwa muri bimwe mu byumba by’amashuri aho bamwe mu barezi muri iki kigo bavuga ko bibangamiye imitangire y’amasomo.

Irakoze Elyse ukuriye abarimu muri iki kigo yagize ati “Biratugora cyane kugira ngo ubashe kwigisha umwana ari kureba imifuka y’ibishyimbo, natwe kandi ntabwo tubasha kugera ku kibaho neza, niba ikibaho gifite metero eshatu tukaba turi gukoresha kimwe cya gatatu kubera imifuka iharunze, twigisha ibintu bicye cyane mu gihe kinini.”

Uretse kuba imifuka y’ibiribwa irunze mu mashuri ibangamiye imyigishirize, iri shuri rinafite ikibazo cyo kuba kugeza ubu igikoni kitarasakarwa kuko bibangamira imitegurire y’amafunguro y’abanyeshuri, kuko iyo imvura yaguye bituma batayabonera ku gihe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo kizwi kandi ko hari ibiri gukorwa kugira ngo kibonerwe umuti.

Yagize ati “Ni ikibazo tuzi, nk’Ubuyobozi bw’Akarere Ntabwo twabirebereye, ahubwo hari umufatanyabikorwa wacu witwa World Vision watwemereye amabati yo kongera gusakara hariya.”

Imifuka y’ibiribwa irunze mu byumba by’amashuri, abana biga bayireba
Abarimu bavuga ko na bo bibabangamira mu myigishirize yabo
Ni nyuma yuko igisenge cy’igikoni n’ububiko kigurutse
No gutegura amafunguro byajemo ibibazo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 2 =

Previous Post

Umuhanzikazi w’ikirangirire yababajwe n’ibyo umugabo we yakoze batabyumvikanyeho

Next Post

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.