Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari bijanditse mu mayeri yo kujijisha Polisi akabo kashobotse

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in MU RWANDA
0
Abamotari bijanditse mu mayeri yo kujijisha Polisi akabo kashobotse
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Polisi y’u Rwanda ifashe moto 2 019 mu Mujyi wa Kigali, bitewe n’amakosa y’ababaga bazitwaye arimo guhimba, guhindura cyangwa guhisha plaque zazo, uru rwego rwongeye kuburira abamotari, bakora aya makosa, rubibutsa ko ibihano bibategereje.

Izi moto kandi harimo n’izafatiwe kuba zari zitwaye imizigo irenze ubushobozi bwazo, izakoze impanuka ndetse n’izafatiwe kutishyura amande.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP, Boniface Rutikanga, ubwo yaganiraga n’Itangazamakuru mu kiganiro cyabereye aho izi moto ziparitse mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, yavuze ko ubusanzwe plaque ari yo myirondoro y’ikinyabiziga.

Ati “Abatwara moto bahindura imibare cyangwa inyuguti biyigize, akenshi baba bagamije kujijisha. Usanga ababikora hari ibyaha baba barimo guhishira nko kuba zaribwe, gukoreshwa mu bujura bwo gushikuza amasakoshi cyangwa telefone, gutwara ibiyobyabwenge n’ibindi.”

Yavuze kandi ko izi moto zirimo n’izafashwe kubera andi makosa arimo gutwara badafite uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga n’urwo gutwara abantu, n’izakoze impanuka.

ACP Rutikanga yaburiye abahindura nimero ziranga ikinyabiziga ku bihano bibategereje, abibutsa ko n’amayeri bakoresha agenda amenyekana.

Ati “Uburyo butandukanye bakoresha bugenda bugaragara; aho usanga bahanaguye umubare cyangwa inyuguti bagahinduramo iyindi, hari abazihina nimero ntigaragare, abashyiraho agasinga bakurura gafashe ku kuma bashyize kuri plaque kakamanuka kagahisha inyuguti, abarenza igitambaro kuri plaque, hakaba na moto ubona zifite plaque wayishakisha muri sisiteme y’ikigo cy’imisoro n’amahoro ntuyibonemo. Bituma camera ifata nimero itajyanye n’iy’ikinyabiziga kiri aho.”

Bamwe mu Bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali, banenga bagenzi babo kubera amakosa bababoonaho, bakavuga ko bidakwiye, ndetse ko ari bo bahindanyiriza isura.

Ndayisenga Selemani umaze imyaka ibiri mu mwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, yagize ati “Inshuro nyinshi hari amakosa tubona akorerwa mu muhanda, ariko ibyo tubona biteye inkeke, ni abahindura plaque kuko natwe baba baduhemukira, bakanahemukira bagenzi bacu. Nta yindi mpamvu ibibatera, hari igihe umuntu aba ahora mu byaha ukabona afashe nk’agasume agapfuka plaque akiruka.”

Harimo abakoresha amayeri adasanzwe

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 276 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko; Umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 Frw) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 Frw) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Hari n’izo baba barasibye imibare igize Plaque zazo

Bashyiraho ibituma Camera zitabasha kumenya imibare
Hari n’izafatiwe gutwara imizigo irengeje ubushobozi bwazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

Handball: Ikipe iherutse guhesha ishema u Rwanda yagize icyo isezeranywa

Next Post

Umunyamakuru ukomoka muri Kenya wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda yageneye ubutumwa Perezika Kagame

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukomoka muri Kenya wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda yageneye ubutumwa Perezika Kagame

Umunyamakuru ukomoka muri Kenya wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda yageneye ubutumwa Perezika Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.