Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in MU RWANDA
0
RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa RDF bwitandukanyije n’umusirikare uherutse kwica arasiye abaturage mu Kabari mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke, bwizeza ubufasha imiryango y’ababuriye ubuzima muri ibi byago, ku buryo mu gihe cya vuba izagira icyo ikorerwa mu kubafata mu mugongo.

Iri sanganya ryabaye mu rukerera rwa hirya y’ejo hashize tariki 13 Ugushyingo 2024, mu Kagari ka Rusharara, Umurenge wa Karambi, aho Sgt Minani Gervais w’imyaka 39 yarashe abaturage batanu akabahitana.

Aba baburiye ubuzima muri ibi byago byatejwe n’Umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda, bashyinguwe kuri uyu wa Kane tariki 14 Ugushyingo 2024 mu gikorwa cyitabiriwe n’Ubuyobozi bw’inzego bwite za Leta ndetse n’iza gisirikare.

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Maj Gen Eugene Nkubito, wihanganishije imiryango y’aba bitabye Imana, yavuze ko kuba abantu bashyamiranira mu kabari bisanzwe, ariko ko iyo hajemo kuba umuntu afite imbunda biba ibindi.

Maj Gen Eugene Nkubito yavuze ko ubusanzwe Ingabo z’u Rwanda zizwiho kurangwa n’imyitwarire iboneye, ku buryo ibyakozwe n’uyu musirikare ubundi bitari mu biziranga.

Ati “Uyu musirikare rero ibyo yakoze, yabikoze ku giti cye ntabwo biranga indangagaciro za RDF. Muratuzi ntabwo ari ubwa mbere duhuriye aha, uwabikoze rero yaduhemukiye, yahemukiye RDF kandi byatubabaje.”

Yavuze kandi ko Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buzaba hafi iyi miryango bukabafasha mu buzima bwabo.

Ati “Ndagira ngo mbabwire ko ubuyobozi bwacu bwantumye ngo iyi miryango yabuze ababo, ubuyobozi bwacu buzababa hafi, mu minsi ya vuba hari abantu bazatuma hano kuza kureba icyakorwa ni iki?”

Ntakirutimana Joel umwe mu bo mu miryango y’aba bishwe barashwe n’umusirikare, yavuze ko ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kimwe n’ubwa Leta, bwabaherekeje muri ibi byago byabagwiririye, byumwihariko mu mihango yo guherekeza ba nyakwigendera.

Ati “Abayobozi bacu batugiriye neza babidufashijemo, kandi natwe turabyishimiye nubwo twabuze abacu ntabwo byabura kubabara, ariko no kunezerwa birimo kubera ko tutigunze, twatabawe n’ubuyobozi.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert yavuze ko ubuyobozi bw’inzego bwite za Leta, na bwo buzakomeza kuba hafi iyi miryango yahuye n’iri sanganya ryayitwariye abo bakundaga.

Yagize ati “Ubuyobozi natwe tuzakomeza gufatanya namwe gufasha kugaruka mu buzima bwiza, gufasha kwibagira ibyabaye ariko no kubaba hafi mu buzima busanzwe kugira ngo hatagira umwana wabura uko yajya ku ishuri, umwana atabura icyo arya kuko yabuze papa we yazize ubu bugizi bwa nabi urugomo nka ruriya.”

Ubwo ibi byago byabaga, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko bwahise butangira iperereza, kandi buvuga ko bwafashe ingamba zikomeye ku buryo uyu ukekwaho iki gikorwa azabiryozwa hakurikijwe amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Rwamagana: Abanyerondo bafashe icyemezo cyumvikanamo umujinya w’ibyo bakorewe n’Umuyobozi

Next Post

Amavubi na n’ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi na n’ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

Amavubi na n'ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.