Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in MU RWANDA
0
RDF yagize icyo yizeza imiryango y’abishwe n’umusirikare abarasiye mu kabari
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa RDF bwitandukanyije n’umusirikare uherutse kwica arasiye abaturage mu Kabari mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke, bwizeza ubufasha imiryango y’ababuriye ubuzima muri ibi byago, ku buryo mu gihe cya vuba izagira icyo ikorerwa mu kubafata mu mugongo.

Iri sanganya ryabaye mu rukerera rwa hirya y’ejo hashize tariki 13 Ugushyingo 2024, mu Kagari ka Rusharara, Umurenge wa Karambi, aho Sgt Minani Gervais w’imyaka 39 yarashe abaturage batanu akabahitana.

Aba baburiye ubuzima muri ibi byago byatejwe n’Umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda, bashyinguwe kuri uyu wa Kane tariki 14 Ugushyingo 2024 mu gikorwa cyitabiriwe n’Ubuyobozi bw’inzego bwite za Leta ndetse n’iza gisirikare.

Umuyobozi w’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba, Maj Gen Eugene Nkubito, wihanganishije imiryango y’aba bitabye Imana, yavuze ko kuba abantu bashyamiranira mu kabari bisanzwe, ariko ko iyo hajemo kuba umuntu afite imbunda biba ibindi.

Maj Gen Eugene Nkubito yavuze ko ubusanzwe Ingabo z’u Rwanda zizwiho kurangwa n’imyitwarire iboneye, ku buryo ibyakozwe n’uyu musirikare ubundi bitari mu biziranga.

Ati “Uyu musirikare rero ibyo yakoze, yabikoze ku giti cye ntabwo biranga indangagaciro za RDF. Muratuzi ntabwo ari ubwa mbere duhuriye aha, uwabikoze rero yaduhemukiye, yahemukiye RDF kandi byatubabaje.”

Yavuze kandi ko Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buzaba hafi iyi miryango bukabafasha mu buzima bwabo.

Ati “Ndagira ngo mbabwire ko ubuyobozi bwacu bwantumye ngo iyi miryango yabuze ababo, ubuyobozi bwacu buzababa hafi, mu minsi ya vuba hari abantu bazatuma hano kuza kureba icyakorwa ni iki?”

Ntakirutimana Joel umwe mu bo mu miryango y’aba bishwe barashwe n’umusirikare, yavuze ko ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kimwe n’ubwa Leta, bwabaherekeje muri ibi byago byabagwiririye, byumwihariko mu mihango yo guherekeza ba nyakwigendera.

Ati “Abayobozi bacu batugiriye neza babidufashijemo, kandi natwe turabyishimiye nubwo twabuze abacu ntabwo byabura kubabara, ariko no kunezerwa birimo kubera ko tutigunze, twatabawe n’ubuyobozi.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert yavuze ko ubuyobozi bw’inzego bwite za Leta, na bwo buzakomeza kuba hafi iyi miryango yahuye n’iri sanganya ryayitwariye abo bakundaga.

Yagize ati “Ubuyobozi natwe tuzakomeza gufatanya namwe gufasha kugaruka mu buzima bwiza, gufasha kwibagira ibyabaye ariko no kubaba hafi mu buzima busanzwe kugira ngo hatagira umwana wabura uko yajya ku ishuri, umwana atabura icyo arya kuko yabuze papa we yazize ubu bugizi bwa nabi urugomo nka ruriya.”

Ubwo ibi byago byabaga, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko bwahise butangira iperereza, kandi buvuga ko bwafashe ingamba zikomeye ku buryo uyu ukekwaho iki gikorwa azabiryozwa hakurikijwe amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 1 =

Previous Post

Rwamagana: Abanyerondo bafashe icyemezo cyumvikanamo umujinya w’ibyo bakorewe n’Umuyobozi

Next Post

Amavubi na n’ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi na n’ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

Amavubi na n'ubu atarumva ibyabaye yerekeje muri Nigeria afite icyo asezeranya Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.