Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ibyo bize bizezwa ko akazi kabategereje ubu bicaranye ubumenyi bwabyo

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in Uncategorized
0
Ibyo bize bizezwa ko akazi kabategereje ubu bicaranye ubumenyi bwabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Rumwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Nyabihu rwize amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, ruvuga ko nubwo bayize babwirwa ko akazi kabategereje, ariko ubu bari mu bushomeri, kuko kugira ngo babone imirimo bibasaba igishoro nyamara ntaho bagikura.

Uru rubyiruko rwo mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu, ruvuga ko rwarangije aya masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, ariko rukaba rwicaranye impamyabumenyi bahawe.

Umwe ati “Bagiye batujyana mu mashuri y’imyuga turiga turarangiza, nk’ubu twararangije dufite seritifika turazicaranye ntacyo zitumariye n’ubundi twagarutse ku muhanda n’ibyo twize dutangiye kubyibagirwa kandi hari abazi gukanika n’indi myuga itandukanye.”

Habyarimana Fabien wize ibijyanye no kwakira abantu mu mahoteli, avuga ko n’abafite iryo shoramari, baha akazi bene wabo, ku buryo kubona imirimo muri iki gihe ari ihurizo.

Ati “Nta kazi kubera ko umuntu ufite iyo Hotel ashyiramo uwo bafitanye isano. Leta yabishyiramo imbaraga, natwe ikatwitaho ikareba ko yadutera inkunga kuko iyo umuntu yanditse asaba nk’inguzanyo mu kigo runaka, hari igihe bamubaza ingwate akayibura ubwo ntabe akibonye ya nguzanyo.”

Akomeza avuga ko ibi binaca intege abandi bifuza kwiga aya masomo. Ati “Iyo bangezeho bari kumbwira ko ari byo biga ndababwira ngo nanjye narabyize none narananiwe.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert avuga ko ubuyobozi buzakomeza gushakira amahirwe urubyiruko nk’uru rukabona ibyo rukora.

Ati “Ni ikibazo kiri rusange ku byo gushakira urubyiruko imirimo kandi biri no muri NST2 gukomeza kongera imirimo, ariko kugira ngo ubone imirimo urabanza ukareba ngo ‘ese aba bantu bafite ubumenyi buhe?’ ubwo rero hakabanza kubahugura, naho abafite amahugurwa tukareba ngo ni gute tubahuza n’amahirwe.”

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare ku miterere y’umurimo mu Rwanda, igaragaza ko ikigero cy’ubushomeri cyagabanutseho 2,7% mu gihembwe cya gatatu cya 2024, aho cyageze kuri 15.3%. Iyi mibare kandi igaragaza ko urubyiruko ari rwo ruri ku kigero cyo hejuru mu bushomeri n’impuzandengo ya 20,5%.

Uru rubyiruko ruvuga ko amasomo rwahawe ruyicaranye ku muhanda
Ngo ni ikibazo kitarworoheye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Next Post

Impumeko iri mu Mavubi yarahiriye kwiyunga n’Abanyarwanda aho ari muri Nigeria

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impumeko iri mu Mavubi yarahiriye kwiyunga n’Abanyarwanda aho ari muri Nigeria

Impumeko iri mu Mavubi yarahiriye kwiyunga n’Abanyarwanda aho ari muri Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.