• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Abanyamahoteli bararira ayo kwarika kubera umukwabu udasanzwe uri gukorwa

radiotv10by radiotv10
20/11/2024
in AMAHANGA
0
Uganda: Abanyamahoteli bararira ayo kwarika kubera umukwabu udasanzwe uri gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abafite ibikorwa by’amahoteli muri Uganda, basabye ikigo gishinzwe ubukerarugendo guca inkoni izamba mu bikorwa bikomeje kuba byo gufunga amahoteli adafite ibyangombwa.

Ikinyamakuru Daily monitor, kivuga ko kuva ku wa Mbere ikigo gishinzwe ubukerarugendo muri Uganda cyatangiye ibikorwa byo gufunga amahoteli atujuje ibisabwa n’amategeko ndetse atanafite ibyangombwa.

Samora Semakula ukora mu Kigo cy’Ubukerarugendo cya Uganda, yavuze ko byibura 70% y’abafite amahoteli muri Uganda nta byangombwa bafite, bituma batanga serivise mbi, ndetse n’abahahuriye n’ibibazo ntibamenye aho babariza.

Amahoteli agaragaweho kuba ba nyirayo badafite ibyangombwa ariko bujuje ibisabwa, bahabwa amasaha 48 ngo babe babibonye, naho abatabyujuje bari guhabwa amasaha 24 yo gushakira abakiliya andi macumbi yujuje ibisabwa.

Urugaga rw’Abanyamahoteli muri iki Gihugu rwasabye ko bagirana ibiganiro n’inzego zibifite mu nshingano kugira ngo bakemure iki kibazo, icyakora Minisiteri ibifite mu nshingano ivuga ko bahawe igihe gihagije cyo kubikemura.

Bamwe mu bafite amahoteli yafunzwe, bavuga ko bari kubahana bihanukiriye kandi ko ibikorwa byose by’ubucuruzi muri iki Gihugu biba bitanditse.

Ibi bikorwa by’amagenzura byahereye mu Murwa Mukuru wa Uganda, i Kampala ndetse bizakomereza n’ahandi muri iki Gihugu hose, aho inzego zivuga ko bigamije kuzamura urwego rw’imitangire ya serivise muri iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Babiri binjizaga mu Rwanda magendu iturutse Congo bafashwe mu gicuku

Next Post

Umuyobozi Wungirije wa Polisi DIGP Ujeneza yasuye Abapolisi muri Centrafrique abagenera ubutumwa (AMAFOTO)

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Umuyobozi Wungirije wa Polisi DIGP Ujeneza yasuye Abapolisi muri Centrafrique abagenera ubutumwa (AMAFOTO)

Umuyobozi Wungirije wa Polisi DIGP Ujeneza yasuye Abapolisi muri Centrafrique abagenera ubutumwa (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.