Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Abanyamahoteli bararira ayo kwarika kubera umukwabu udasanzwe uri gukorwa

radiotv10by radiotv10
20/11/2024
in AMAHANGA
0
Uganda: Abanyamahoteli bararira ayo kwarika kubera umukwabu udasanzwe uri gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abafite ibikorwa by’amahoteli muri Uganda, basabye ikigo gishinzwe ubukerarugendo guca inkoni izamba mu bikorwa bikomeje kuba byo gufunga amahoteli adafite ibyangombwa.

Ikinyamakuru Daily monitor, kivuga ko kuva ku wa Mbere ikigo gishinzwe ubukerarugendo muri Uganda cyatangiye ibikorwa byo gufunga amahoteli atujuje ibisabwa n’amategeko ndetse atanafite ibyangombwa.

Samora Semakula ukora mu Kigo cy’Ubukerarugendo cya Uganda, yavuze ko byibura 70% y’abafite amahoteli muri Uganda nta byangombwa bafite, bituma batanga serivise mbi, ndetse n’abahahuriye n’ibibazo ntibamenye aho babariza.

Amahoteli agaragaweho kuba ba nyirayo badafite ibyangombwa ariko bujuje ibisabwa, bahabwa amasaha 48 ngo babe babibonye, naho abatabyujuje bari guhabwa amasaha 24 yo gushakira abakiliya andi macumbi yujuje ibisabwa.

Urugaga rw’Abanyamahoteli muri iki Gihugu rwasabye ko bagirana ibiganiro n’inzego zibifite mu nshingano kugira ngo bakemure iki kibazo, icyakora Minisiteri ibifite mu nshingano ivuga ko bahawe igihe gihagije cyo kubikemura.

Bamwe mu bafite amahoteli yafunzwe, bavuga ko bari kubahana bihanukiriye kandi ko ibikorwa byose by’ubucuruzi muri iki Gihugu biba bitanditse.

Ibi bikorwa by’amagenzura byahereye mu Murwa Mukuru wa Uganda, i Kampala ndetse bizakomereza n’ahandi muri iki Gihugu hose, aho inzego zivuga ko bigamije kuzamura urwego rw’imitangire ya serivise muri iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Babiri binjizaga mu Rwanda magendu iturutse Congo bafashwe mu gicuku

Next Post

Umuyobozi Wungirije wa Polisi DIGP Ujeneza yasuye Abapolisi muri Centrafrique abagenera ubutumwa (AMAFOTO)

Related Posts

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi Wungirije wa Polisi DIGP Ujeneza yasuye Abapolisi muri Centrafrique abagenera ubutumwa (AMAFOTO)

Umuyobozi Wungirije wa Polisi DIGP Ujeneza yasuye Abapolisi muri Centrafrique abagenera ubutumwa (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.