Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Urukiko rwashingiyeho rutegeka ko umwarimu wari ufungiye ‘kwiba imodoka’ arekurwa

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Icyitonderwa: Ifoto yakuwe kuri Internet, ni iyifashishijwe ntihuye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha mu ishuri ryisumbuye ryo mu Karere ka Nyanza, wari umaze igihe afunzwe akekwaho kwiba imodoka, yafunguwe nyuma yo kujurira Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwatangaje icyo rwashingiyeho rutegeka ko arekurwa.

Uyu mwarimu witwa Gatarayiha Marcel asanzwe yigisha mu Ishuri rya ESPANYA ryo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 uyu mwarimu Gatarayiha Marcel ariko ajurira urwisumbuye rwa Nyarugenge.

Icyaha cyo kwiba imodoka kiregwa uyu mwarimu wari ufungiye mu Igororero rya Nyarugenge [Mageragere], cyabaye muri 2019, ariko aza gutangira kugikurikiranwaho muri uyu mwaka wa 2024.

Uregwa yajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, aho yaburanaga ahakana icyaha akurikiranyweho, akavuga ko nubwo iyo modoka yibwe yamubaruweho nyuma yo kwibwa, atazi uko byagenze.

Gatarayiha Marcel yavugaga ko abayibye bashobora kuba barabonye fotokopi y’irangamuntu ye bakayifashisha mu kumubaruraho imodoka yibwe, ariko ko we ntayo yibye, ndetse ko atazi no gutwara iki kinyabiziga ku buryo yari kubasha kukiba.

Uregwa ndetse n’uruhande rumwunganira, kandi bavugaga ko icyaha akurikiranyweho cyo kwiba imodoka cyashaje nk’uko biteganywa n’itegeko.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nyuma yo gusuzuma impamvu z’ubujurire zatanzwe n’uregwa, rwemeje ko icyaha cyaregwaga uyu mwarimu Gatarayiha Marcel cyashaje, bityo ko agomba kurekurwa.

Ni mu gihe itegeko riteganya ko iki cyaha kigire ubusaze bw’imyaka itatu, kuko iyi gikurikiranywe nyuma y’amezi atatu, ugikekwaho adakorerwa uburyozwacyaha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 17 =

Previous Post

Ukuriye Kiliziya muri Congo yavuze ku mubano w’Igihugu cye, u Rwanda n’u Burundi

Next Post

Nyanza: Imvura nyinshi yatumye inkuru mbi itaha mu muryango w’umwana w’imyaka 6

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Nyanza: Imvura nyinshi yatumye inkuru mbi itaha mu muryango w’umwana w’imyaka 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.