Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in MU RWANDA
0
Andi makuru ku by’imbangukiragutabara itwara abarwayi yagaragaye ipakirwamo sima
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka itwara indembe yagaragaye mu mashusho ku mbuga nkoranyambaga ipakirwamo sima bigatangaza benshi, byamenyekanye ko ari iy’Ibitaro byo mu Karere ka Gisagara, aho iyi sima yapakirwagamo yari iyo gusana kimwe mu bikorwa by’Ikigo Nderabuzima gicungwa n’ibi Bitaro.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga kuva mu ijoro ryacyeye, agaragaza iyi modoka isanzwe izwiho gutwara indembe izivana ku ivuriro rimwe izigeza ku rindi mu rwego rwo gutanga serivisi, iri gupakirwamo imifuka ya Sima.

Ni amashusho yazamuye impaka ndende, ndetse Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana wagize icyo ayavugaho ubwo yasubizaga Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, yavuze ko abagize uruhare muri iki gikorwa, babihaniwe.

Dr. Sabin Nsanzimana yagize ati “Kirazira gukoresha ingobyi y’abarwayi ibyo itagenewe. Turashimira abaturage babonye ikibi gikorwa bagatanga amakuru, undi wese wabona ambulance ikoreshwa nabi yahamagara 912.”

Byaje kumenyekana ko iyi mbangukiragutabara ari iy’Ibitaro bya Gakoma mu Karere ka Gisagara, aho yifashishwaga n’Ikigo Nderabuzima cya Save mu kugeza abarwayi muri ibi Bitaro.

Dr. Uwamahoro Evelyne uyobora Ibitaro bya Gakoma, yatangaje ko nubwo Sima yapakirwaga muri iyi mbangukiragutabara yari iyo gusana ikigega cyo muri iki Kigo Nderabuzima cya Save, ariko ko ubuyobozi bw’ibi Bitaro budashyigikiye ibyakozwe n’ubuyobozi bwa kiriya Kigo Nderabuzima.

Yavuze ko hari ikigega cyo muri kiriya Kigo Nderabuzima cyangiritse, ku buryo hariho impungenge ko cyashoboraga gusenya ibindi bikorwa remezo byacyo, ari na yo mpamvu hari hashatswe iriya sima yo kugisana.

Yagize ati “Yari iyo ngo gukoresha icyo kigega, ariko uko byaba bimeze kose, icyo ari cyo cyose ntabwo cyemerewe kujya mu Mbangukiragutabara, cyeretse umurwayi.”

Uyu Muyobozi w’Ibitaro bya Gakoma, yavuze ko abagize uruhare muri iki gikorwa, barimo Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Save, umushoferi w’iriya modoka ndetse n’umuforomo umwe, bahagaritswe by’agateganyo, nk’uko biteganywa n’amategeko, kandi ko bashobora no guhagarikwa burundu.

Yagize ati “Kugeza uyu mwanya, ari umukozi, ari umushoferi, ari umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima; bose ntabwo bari mu kazi.”

Amakuru ahari, avuga ko Umubikira Nyiraminani Bellancilla, uyobora iki Kigo Nderabuzima yanatawe muri yombi, nk’uko tubikesha Umunyamakuru Joseph Kakuzwumuremyi wabitangaje abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eight =

Previous Post

Uherutse kugirwa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba yabanje kunyura imbere y’Abasenateri

Next Post

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyakurikiye nyuma y’amashusho y’imodoka itwara indembe yagaragaye iri gupakirwamo sima

Nyuma y’ibyagaragaye bikorerwa imodoka itwara indembe Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga amabwiriza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.