Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Uburozi muri Football mu Rwanda: Agafu Ndoli yaminjagiye mu izamu gakomeje kwibazwaho

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in SIPORO
0
Uburozi muri Football mu Rwanda: Agafu Ndoli yaminjagiye mu izamu gakomeje kwibazwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva mu bihe byashize umupira w’amaguru mu Rwanda wakunze kuvugwamo amarozi gusa ntibyakunze kugaragara. Kuri uyu wa Mbere ubwo Police FC yakinaga na Gorilla FC, umunyezamu Ndoli Jean Claude yaminjagiye agafu mu izamu rye katumye benshi bongera kunenga ibibera muri football yo mu Rwanda.

Uyu mukino warangiye Gorilla FC inganya 0-0 na Police FC, wakurikiwe no gusakaza ariya mashusho agaragaza Ndoli Jean Claude aminjagira turiya tuntu mu izamu.

Muri aya mashusho yafashwe na Television Magic TV iri kwerekana imikino ya Shampiyona, yumvikanamo Umunyamakuru Eddy Sabit ari kumwe na mugenzi we bakorana mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, banenga kiriya gikorwa cyakozwe na Ndoli.

Uyu munyamakuru Eddy Sabit agira ati “Ariko se Ndoli utu ni uduki noneho?”

Aya mashusho yagiye agarukwaho na bamwe mu banyamakuru bakora ibiraniro by’imikino mu Rwanda banenga iby’amarozi muri football mu Rwanda.

 

Ni Mind game

Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru uriya mukino ugihumuza, Ndoli Jean Claude yavuze ko biriya yakoze atai uburozi nk’uko hari bamwe babiketse ati “Iriya ni mind game tu, ni ukwica umuntu mu mutwe.”

Ndoli yavuze ko agasashi kagaragaye kamaze kuvamo utuntu yaminjagiye mu izamu, ntacyarimo. Ati “Ni mind game. Irakora cyane, ahanini ntimujya mwumva tunatukana mu kibuga.”

 

Ndoli Jean Claude uherutse gutumirwa mu kiganiro gitambuka kuri Television Rwanda, yavuze ko atajya akoresha amarozi ariko ko yabonye aho akoreshwa kandi ko hari benshi bagiye bayizereramo.

Muri icyo kiganiro, uyu munyezamu wanarindiye ikipe y’Igihugu, yavuze hari aho amarozi akora mu mukino gusa akavuga ko we atigeze ayakoresha ndetse ko adashobora kuyakoresha.

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2021, ubwo Perezida Kagame yaganiraga n’Ikipe y’u Rwanda Amavubi yari ivuye muri CHAN 2020, yagarutse kuri ibi bikunze kuvugwa mu mupira w’amaguru by’amarozi asaba abakinnyi bo mu Rwanda kutazabijyamo kuko nta nyungu yabyo.

Icyo gihe yagize ati “Biriya bintu byabasubiza inyuma, ntimuzabikore, mujye mukina mwigirire icyizere.”

Icyo gihe kandi yavuze ko abavuga ko babikoresha na bo badahora batsinda. Ati “Ariko mujye mwibaza, ari ababikora n’ababikoraga, batsindaga buri mukino wose, none se ko bisa n’ubundi, wabikoze utabikoze byose birasa.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

M.Martin yahishuye uko impano yaherewe n’umukobwa ku rubyiniro yasanzemo uburozi bw’ijisho n’inzara by’inyamaswa

Next Post

Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.