Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Uburozi muri Football mu Rwanda: Agafu Ndoli yaminjagiye mu izamu gakomeje kwibazwaho

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in SIPORO
0
Uburozi muri Football mu Rwanda: Agafu Ndoli yaminjagiye mu izamu gakomeje kwibazwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva mu bihe byashize umupira w’amaguru mu Rwanda wakunze kuvugwamo amarozi gusa ntibyakunze kugaragara. Kuri uyu wa Mbere ubwo Police FC yakinaga na Gorilla FC, umunyezamu Ndoli Jean Claude yaminjagiye agafu mu izamu rye katumye benshi bongera kunenga ibibera muri football yo mu Rwanda.

Uyu mukino warangiye Gorilla FC inganya 0-0 na Police FC, wakurikiwe no gusakaza ariya mashusho agaragaza Ndoli Jean Claude aminjagira turiya tuntu mu izamu.

Muri aya mashusho yafashwe na Television Magic TV iri kwerekana imikino ya Shampiyona, yumvikanamo Umunyamakuru Eddy Sabit ari kumwe na mugenzi we bakorana mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, banenga kiriya gikorwa cyakozwe na Ndoli.

Uyu munyamakuru Eddy Sabit agira ati “Ariko se Ndoli utu ni uduki noneho?”

Aya mashusho yagiye agarukwaho na bamwe mu banyamakuru bakora ibiraniro by’imikino mu Rwanda banenga iby’amarozi muri football mu Rwanda.

 

Ni Mind game

Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru uriya mukino ugihumuza, Ndoli Jean Claude yavuze ko biriya yakoze atai uburozi nk’uko hari bamwe babiketse ati “Iriya ni mind game tu, ni ukwica umuntu mu mutwe.”

Ndoli yavuze ko agasashi kagaragaye kamaze kuvamo utuntu yaminjagiye mu izamu, ntacyarimo. Ati “Ni mind game. Irakora cyane, ahanini ntimujya mwumva tunatukana mu kibuga.”

 

Ndoli Jean Claude uherutse gutumirwa mu kiganiro gitambuka kuri Television Rwanda, yavuze ko atajya akoresha amarozi ariko ko yabonye aho akoreshwa kandi ko hari benshi bagiye bayizereramo.

Muri icyo kiganiro, uyu munyezamu wanarindiye ikipe y’Igihugu, yavuze hari aho amarozi akora mu mukino gusa akavuga ko we atigeze ayakoresha ndetse ko adashobora kuyakoresha.

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2021, ubwo Perezida Kagame yaganiraga n’Ikipe y’u Rwanda Amavubi yari ivuye muri CHAN 2020, yagarutse kuri ibi bikunze kuvugwa mu mupira w’amaguru by’amarozi asaba abakinnyi bo mu Rwanda kutazabijyamo kuko nta nyungu yabyo.

Icyo gihe yagize ati “Biriya bintu byabasubiza inyuma, ntimuzabikore, mujye mukina mwigirire icyizere.”

Icyo gihe kandi yavuze ko abavuga ko babikoresha na bo badahora batsinda. Ati “Ariko mujye mwibaza, ari ababikora n’ababikoraga, batsindaga buri mukino wose, none se ko bisa n’ubundi, wabikoze utabikoze byose birasa.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 7 =

Previous Post

M.Martin yahishuye uko impano yaherewe n’umukobwa ku rubyiniro yasanzemo uburozi bw’ijisho n’inzara by’inyamaswa

Next Post

Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.