Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Uburozi muri Football mu Rwanda: Agafu Ndoli yaminjagiye mu izamu gakomeje kwibazwaho

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in SIPORO
0
Uburozi muri Football mu Rwanda: Agafu Ndoli yaminjagiye mu izamu gakomeje kwibazwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva mu bihe byashize umupira w’amaguru mu Rwanda wakunze kuvugwamo amarozi gusa ntibyakunze kugaragara. Kuri uyu wa Mbere ubwo Police FC yakinaga na Gorilla FC, umunyezamu Ndoli Jean Claude yaminjagiye agafu mu izamu rye katumye benshi bongera kunenga ibibera muri football yo mu Rwanda.

Uyu mukino warangiye Gorilla FC inganya 0-0 na Police FC, wakurikiwe no gusakaza ariya mashusho agaragaza Ndoli Jean Claude aminjagira turiya tuntu mu izamu.

Muri aya mashusho yafashwe na Television Magic TV iri kwerekana imikino ya Shampiyona, yumvikanamo Umunyamakuru Eddy Sabit ari kumwe na mugenzi we bakorana mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, banenga kiriya gikorwa cyakozwe na Ndoli.

Uyu munyamakuru Eddy Sabit agira ati “Ariko se Ndoli utu ni uduki noneho?”

Aya mashusho yagiye agarukwaho na bamwe mu banyamakuru bakora ibiraniro by’imikino mu Rwanda banenga iby’amarozi muri football mu Rwanda.

 

Ni Mind game

Mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru uriya mukino ugihumuza, Ndoli Jean Claude yavuze ko biriya yakoze atai uburozi nk’uko hari bamwe babiketse ati “Iriya ni mind game tu, ni ukwica umuntu mu mutwe.”

Ndoli yavuze ko agasashi kagaragaye kamaze kuvamo utuntu yaminjagiye mu izamu, ntacyarimo. Ati “Ni mind game. Irakora cyane, ahanini ntimujya mwumva tunatukana mu kibuga.”

 

Ndoli Jean Claude uherutse gutumirwa mu kiganiro gitambuka kuri Television Rwanda, yavuze ko atajya akoresha amarozi ariko ko yabonye aho akoreshwa kandi ko hari benshi bagiye bayizereramo.

Muri icyo kiganiro, uyu munyezamu wanarindiye ikipe y’Igihugu, yavuze hari aho amarozi akora mu mukino gusa akavuga ko we atigeze ayakoresha ndetse ko adashobora kuyakoresha.

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2021, ubwo Perezida Kagame yaganiraga n’Ikipe y’u Rwanda Amavubi yari ivuye muri CHAN 2020, yagarutse kuri ibi bikunze kuvugwa mu mupira w’amaguru by’amarozi asaba abakinnyi bo mu Rwanda kutazabijyamo kuko nta nyungu yabyo.

Icyo gihe yagize ati “Biriya bintu byabasubiza inyuma, ntimuzabikore, mujye mukina mwigirire icyizere.”

Icyo gihe kandi yavuze ko abavuga ko babikoresha na bo badahora batsinda. Ati “Ariko mujye mwibaza, ari ababikora n’ababikoraga, batsindaga buri mukino wose, none se ko bisa n’ubundi, wabikoze utabikoze byose birasa.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

M.Martin yahishuye uko impano yaherewe n’umukobwa ku rubyiniro yasanzemo uburozi bw’ijisho n’inzara by’inyamaswa

Next Post

Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.