• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

radiotv10by radiotv10
20/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ufite izina rizwi mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize
Share on FacebookShare on Twitter

Tidjara Kabendera wamenyekanye mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi.

Kabendera wakoreye wamenyekanye akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru yakoreye igihe kinini, yatangaje ibi byago yagize mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Nyakanga 2024.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Tidjara Kabendera, yagize ati “Mbabajwe no Kubamenyesha urupfu rw’umubyeyi wanjye (Mama Wanjye). Yitabye Imana muri uru rukerera.”

Uyu mubyeyi wa Tidjara Kabendera, babanaga aho uyu wamenyekanye mu itangazamakuru atuye i Nyakabanda mu Mujyi wa Kigali, akaba yazize uburwayi yari amaranye igihe.

Yatangaje kandi ko imihango yo guherekeza nyakwigendera ihita ikorwa uyu munsi ku wa Gatandatu, nk’uko Tidjara yabitangaje agira ati “Kuri uyu wa 6 isaa Munani z’amanywa turamusezeraho mu rugo iwanjye mu Nyakabanda (kuri Caffe de Nyakabanda). Gushyingura ni isaa kumi mu irimbi ry’i Nyamirambo.”

Tidjara Kabendera wamenyekanye cyane mu biganiro bisusurutsa abantu aho yakoreraga Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yakoreye imyaka irenga 18, aho yaje gusezera mu mpera za 2020.

Uyu Munyarwandakazi ubu ukunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, nyuma yo gusa nk’aho ashyize ku ruhande umwuga w’itangazamakuru, yinjiye mu bushabitsi na bwo akunze kugaragaza ibyo acuruza akoresheje imbuga nkoranyambaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 14 =

Previous Post

Inkuru itangaje y’umugabo waciye agahigo ku Isi kubera ibyo yakoze ku Mugabane wose

Next Post

Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa

Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.