Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rw’uregwamo ubutekamutwe hazamuwe ingingo nshya nk’impamvu yo gusaba ko ataburanishwa

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Mu rubanza rw’uregwamo ubutekamutwe hazamuwe ingingo nshya nk’impamvu yo gusaba ko ataburanishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uruhande rwunganira Ngirinshuti Ezechiel uzwi nka Mpanoyimana ukurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, rwavuze ko Umukiliya warwo afite uburwayi bwo mu mutwe, bityo ko adakwiye gukurikiranwa, rusaba ko hanagaragazwa ibimenyetso.

Mpanoyimana wakunze kugaragara ku rubuga nkoranyambaga rwa YouTube, abwira abantu ibyo bakora ngo abaheshe amafaranga, akurikiranyweho kandi icyaha cyo gusambanya ku gahato.

Mu iburanisha rya none tariki 28 Ugushyingo 2024, Me Dukuzumuremyi Egide na Me Hagenimana Polycarpe bunganira Mpanoyimana, bavuze ko umukiliya wabo afite uburwayi bwo mu mutwe, bityo ko adakwiye gukorerwa uburyozwacyaha.

Aba banyamategeko babwiye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ko uwo bunganira adakwiye kuburanishwa kubera icyo kibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe nk’uko biteganywa n’itegeko.

Me Hagenimana Polycarpe yavuze ko hakenewe igihe cyo gushaka ibimenyetso by’inzobere mu ndwara zo mu mutwe bigaragaza ko umukiliya wabo afite ubu burwayi bwo mu mutwe.

Mugenzi we Me Dukuzumuremyi Egide, we yavuze ko uwo bunganira akwiye kujyanwa mu Bitaro bya Ndera kugira ngo asuzumwe ubu burwayi.

Aba banyamategeko, baboneyeho gusaba Urukiko gusubika urubanza, kugira ngo habanze gushakishwa ibyo byangombwa bigaragaza ko uwo bunganira afite uburwayi bwo mu mutwe.

Ni icyifuzo cyanashimangiwe n’Ubushinjacyaha, buvuga ko ari uburenganzira bw’uruhande rw’uregwa, guhabwa umwanya wo kugira ngo hashawe ibimenyetso, kandi ko abunganira uregwa bari bamaze kunyuza ubusabe bwabo muri system mu ibaruwa banditse tariki 26 Ugushyingo 2024.

Ubushinjacyaha bwasabwe gutanga uruhushya rwo kugira ngo haboneke iki kimenyetso, bwasabwe n’Urukiko kubyihutisha kugira ngo urubanza rukomeze.

Ubushinjacyaha bwasezeranyije Urukiko ko ruzakora ibishoboka, ariko bwibutsa uruhande ruregwa ko ari rwo rugomba gukurikirana izi nzira zose.

Nyuma y’ibyatangajwe n’impande zombi, Urukiko rwemeje icyifuzo cy’uruhande rw’uregwa cyo gushaka ibyangombwa bigaragaza niba uregwa afite uburwayi bwo mu mutwe, rwimurira urubanza tariki 05 Ukuboza 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − one =

Previous Post

AMAFOTO: Ukuriye Dipolomasi y’u Rwanda yakiriye ku meza Abadipolomate baje kubagarira umubano warwo n’Ibihugu byabo

Next Post

Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

Ubutumwa Guverinoma y’u Burundi yageneye Abarundi babaswe n’ingeso yo gusabiriza ku banyamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.