Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze, Rulindo&Gicumbi: Abantu batandatu barimo umusaza w’imyaka 63 bafatanywe ibikorwa remezo bibye

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in MU RWANDA
0
Musanze, Rulindo&Gicumbi: Abantu batandatu barimo umusaza w’imyaka 63 bafatanywe ibikorwa remezo bibye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batandatu bo mu Turere twa Musanze, Gicumbi na Rulindo bakurikiranyweho kwiba ibikoresho bya bimwe mu bikorwa remezo birimo insinga z’amashanyarazi n’amatiyo y’amazi.

Mu karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza mu kagari ka Mpenge na Ruhengeri hafatiwe Barashukwanubusa Benoit w’imyaka 63, afatanwa ibizingo bitatu by’insinga z’amashanyarazi, Tuyishime Vincent w’imyaka 27 yafatanwe ikizingo kimwe.

Mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Ntarabana, Akagari ka Kajevuba mu Mudugudu wa Cyamutara hafatiwe abantu batatu aribo Niyonshuti Seraphin w’imyaka 17, Nsabimana Jean Claude w’imyaka 20, Twizeyimana Jean Paul w’imyaka 22. Aba bafatanwe imifuniko 5 y’ibigega by’amazi biherereye mu Murenge wa Burega, mu kagari ka  Karengere bakaba bari bagiye kuyigurisha mu isantire ya Gaseke k’umucuruzi witwa Peter ugura ibyuma bishaje.

Mu karere ka Gicumbi, Umurenge wa Byumba, Akagari ka Gacurabwenge, Umudugudu wa  Gashirwe  Polisi yafashe Habiyaremye Ernest w’imyaka 38 nyuma yo kumusangana amatiyo y’amazi y’ibyuma mu byuma  agura akanabicuruza bitemewe n’amategeko.

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Superintendent of Police (CSP) Francis Muheto arashimira abaturage bakomeje gutanga amakuru bigatuma abacyekwaho kwangiza ibikorwa remezo bafatwa. Yasabye abaturage n’abayobozi mu nzego z’ibanze gukomeza ubufatanye mu kurwanya abangiza ibikorwa remezo.

Yagize ati “Turashimira abaturage kuko ukurikije uko iki kibazo cyari kimeze umwaka ushize wa 2020 ubu birimo kugenda bigabanuka ariko turashaka ko bicika burundu. Byose bituruka ku bufatanye n’abaturage, bariya bafashwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, bafatiwe mu bikorwa bya Polisi nyuma y’amakuru y’abaturage bavugaga kohari ibikorwa remezo brimo kwibwa. Twagiye dusaka mu ngo z’abo bacyeka koko tugenda tubibafatana, hari n’abafatiwe mu nzira bagiye kubigurisha ku bagura ibyuma bishaje.”

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru yakomeje akangurira abagura ibyuma bishaje kujya bitondera ibyo bagura.

Yanasabye abayobozi b’ibigo bikwirakwiza amazi n’amashanyarazi kujya bagira ubugenzuzi ku bakozi babyo kuko hari bamwe muri bo bagira uruhare mu kwangiza ibikorwa remezo.

Ati “Biriya bikorwa remezo ababyiba baba bagiye kubigurisha ku bagura ibyuma bishaje ibyo bakunze kwita inyuma. Turakangurira ababigura kujya babanza gushishoza ku byuma bagiye kugura kandi bakaba abafatanyabikorwa mu kurwanya buriya bujura kuko abazajya babifatanwa bazajya bafatwa nk’abajura. Tubasaba no kwitondera ibyuma bagura kuko hari ubwo haba harimo ibiturika bishobora guteza impanuka zikomeye.”

CSP Muheto yavuze ko Polisi itazahwema gukora ibikorwa byo kurwanya ibangiza ibikorwa remezo, yabibukije ko ibyo bikorwa ari icyaha gihanwa n’amategeko. Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

Ingingo ya 166 ivuga ko  Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko igihano kikuba Kabiri iyo kwiba byakozwe nijoro bigakorwa n’abantu barenze umwe.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Next Post

Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.