Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze, Rulindo&Gicumbi: Abantu batandatu barimo umusaza w’imyaka 63 bafatanywe ibikorwa remezo bibye

radiotv10by radiotv10
23/11/2021
in MU RWANDA
0
Musanze, Rulindo&Gicumbi: Abantu batandatu barimo umusaza w’imyaka 63 bafatanywe ibikorwa remezo bibye
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batandatu bo mu Turere twa Musanze, Gicumbi na Rulindo bakurikiranyweho kwiba ibikoresho bya bimwe mu bikorwa remezo birimo insinga z’amashanyarazi n’amatiyo y’amazi.

Mu karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza mu kagari ka Mpenge na Ruhengeri hafatiwe Barashukwanubusa Benoit w’imyaka 63, afatanwa ibizingo bitatu by’insinga z’amashanyarazi, Tuyishime Vincent w’imyaka 27 yafatanwe ikizingo kimwe.

Mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Ntarabana, Akagari ka Kajevuba mu Mudugudu wa Cyamutara hafatiwe abantu batatu aribo Niyonshuti Seraphin w’imyaka 17, Nsabimana Jean Claude w’imyaka 20, Twizeyimana Jean Paul w’imyaka 22. Aba bafatanwe imifuniko 5 y’ibigega by’amazi biherereye mu Murenge wa Burega, mu kagari ka  Karengere bakaba bari bagiye kuyigurisha mu isantire ya Gaseke k’umucuruzi witwa Peter ugura ibyuma bishaje.

Mu karere ka Gicumbi, Umurenge wa Byumba, Akagari ka Gacurabwenge, Umudugudu wa  Gashirwe  Polisi yafashe Habiyaremye Ernest w’imyaka 38 nyuma yo kumusangana amatiyo y’amazi y’ibyuma mu byuma  agura akanabicuruza bitemewe n’amategeko.

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Superintendent of Police (CSP) Francis Muheto arashimira abaturage bakomeje gutanga amakuru bigatuma abacyekwaho kwangiza ibikorwa remezo bafatwa. Yasabye abaturage n’abayobozi mu nzego z’ibanze gukomeza ubufatanye mu kurwanya abangiza ibikorwa remezo.

Yagize ati “Turashimira abaturage kuko ukurikije uko iki kibazo cyari kimeze umwaka ushize wa 2020 ubu birimo kugenda bigabanuka ariko turashaka ko bicika burundu. Byose bituruka ku bufatanye n’abaturage, bariya bafashwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, bafatiwe mu bikorwa bya Polisi nyuma y’amakuru y’abaturage bavugaga kohari ibikorwa remezo brimo kwibwa. Twagiye dusaka mu ngo z’abo bacyeka koko tugenda tubibafatana, hari n’abafatiwe mu nzira bagiye kubigurisha ku bagura ibyuma bishaje.”

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru yakomeje akangurira abagura ibyuma bishaje kujya bitondera ibyo bagura.

Yanasabye abayobozi b’ibigo bikwirakwiza amazi n’amashanyarazi kujya bagira ubugenzuzi ku bakozi babyo kuko hari bamwe muri bo bagira uruhare mu kwangiza ibikorwa remezo.

Ati “Biriya bikorwa remezo ababyiba baba bagiye kubigurisha ku bagura ibyuma bishaje ibyo bakunze kwita inyuma. Turakangurira ababigura kujya babanza gushishoza ku byuma bagiye kugura kandi bakaba abafatanyabikorwa mu kurwanya buriya bujura kuko abazajya babifatanwa bazajya bafatwa nk’abajura. Tubasaba no kwitondera ibyuma bagura kuko hari ubwo haba harimo ibiturika bishobora guteza impanuka zikomeye.”

CSP Muheto yavuze ko Polisi itazahwema gukora ibikorwa byo kurwanya ibangiza ibikorwa remezo, yabibukije ko ibyo bikorwa ari icyaha gihanwa n’amategeko. Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hatangire iperereza.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

Ingingo ya 166 ivuga ko  Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko igihano kikuba Kabiri iyo kwiba byakozwe nijoro bigakorwa n’abantu barenze umwe.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 19 =

Previous Post

Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Next Post

Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

Related Posts

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheje, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

Ubushakashatsi: Itangazamakuru rya radiyo ryizewe kuri 70%, imbuga nkoranyambaga ni 2%,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.