Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Biden yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze kugera muri Angola, ari na rwo rugendo rwa mbere rushobora kuba ari na rwo rwa nyuma akoreye muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara nka Perezida.

Biden yageze muri Angola mu masaha y’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, nyuma yo kubanza kunyura muri Cape Verde aho indege ya Air Force One yabanje guca, akanahahurira na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, Ulisses Correia e Silva akanashimira iki Gihugu cy’Ikirwa ku bw’inkunga cyahaye Ukraine mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya. Biden yahise yerecyeza i Luanda muri Angola, aho yari ategerejwe.

Yahageze mu masaha y’ijoro, yakirwa n’abarimo Ambasade wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Angola, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Ukuboza 2024, aza gusura ibikorwa binyuranye birimo ingoro ndangamateka y’ubucakara.

Biteganyijwe kandi ko ku wa Gatatu azataha umuhanda mushya wa Gari ya Moshi, watwaye Miliyari 1$ uherereye mu majyepfo y’iki Gihugu.

Biden yagiye yizeza Ibihugu byo muri Afurika y’Ubutayu bwa Sahara, kubigenderera n’imikoranire, ariko urugendo rwe rukaba ruje mu minsi ye ya nyuma ari muri White House, kuko mu kwezi gutaha kwa Mutarama 2025 azasimburwa na Donald Trump uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Ubwo Biden yajyaga ku butegetsi, yari yizeye ko Afurika izakomeza guhanga amaso Igihugu cye cya Leta Zunze Ubumwe za America, dore ko gikomeje gukubana n’u Bushinwa butacyoroheye mu kwiyegereza no gucuruzanya n’uyu Mugabane wa Afurika

Biden yagiriye uruzinduko muri Afurika nyuma yuko ahaye imbabazi umuhungu we Hunter Biden washinjwaga ibyaha birimo kunyereza imisoro no gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Agendereye uyu Mugabane kandi mu gihe ukomeje kuvugwamo ibibazo birimo iby’umutekano, aho mu Karere k’Ibiyaga Bigari byumwihariko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje kudogera.

Ni mu gihe iki Gihugu cya Angola yagendereye, cyanahawe n’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe inshingano zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, kikaba gifasha iki Gihugu n’u Rwanda mu biganiro byitezwemo umuti w’ibi bibazo.

Biden ubwo yari ku kibuga cy’Indege i Luanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 9 =

Previous Post

Inkuru ibaye impamo umuhanzi umaze imyaka 4 avuye mu Rwanda aragarutse

Next Post

Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Hamenyekanye icyemezo ku busabe bwa APR yari yiyambajemo FERWAFA nyuma yo guhakanirwa na RPL

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.