Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu

radiotv10by radiotv10
03/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Tshisekedi bwa mbere yagize icyo avuga ku bivugwa ko yaba ashaka manda ya gatatu
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atangaje umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga, hari ababibonye nk’urugendo rwo gushaka kuguma ku butegesti muri manda ya gatatu. Yagize icyo abivugaho.

Tshisekedi yabitangarije imbere y’abaturage bo mu Ntara ya Haut-Uele, aho yitabiriye ibikorwa byo kwibuka Umubikira Anuarite Nengapeta Marie-Clémentine umaze imyaka 60 yitabye Imana.

Yagarutse ku mugambi we wo guhindura Itegeko Nshinga rya DRC, aherutse gutangaza, ariko bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi kimwe n’abo mu madini n’amatorero, bakaba bakomeje kuwamaganira kure.

Yagarutse ku bibazo uruhuri byugarije Igihugu cye, aho yongeye kumvikana avuga ko hari abanzi b’Igihugu cye bakiganisha muri ibyo bibazo, mu gihe ubutegetsi bwe bwakunze kunengwa imbaraga nke, ari na zo zitera ibi bibazo.

Tshisekedi wumvikanaga mu mvugo zisa nko gutsindagiramo abaturage ibitekerezo bye, yagarutse ku mugambi aherutse gutangaza wo guhindura Itegeko Nshinga, avuga ko bigomba gukorwa n’Abanyekongo ubwabo, kandi ko na bo babibona ko ari ngombwa.

Ati “Iri tegeko Nshinga nk’uko nabivuze, ni imbuto ya gihanga yabibwe n’abanyamahanga kugira ngo batume RDC ikomeza gupyinagara. Nabivugiye i Kisangani kandi ntabwo ndabigiraho igitekerezo kinyuranye na byo.”
yavuze ko igihe ibitekerezo byo gushyira mu Itegeko Nshinga rishya bizaba bimaze kwegeranywa, bizagaragarizwa abaturage kugira ngo na bo babisesengure.

Yakomeje agira ati “Ndi hano kugira ngo mbe maso ku buryo hatagira umuntu uza ngo abeshye Abanyekongo. Kandi ntihazagire umuntu uzaza ngo ababwire ko Perezida ashaka manda ya gatatu, ni ikinyoma. Ikibazo cya manda ya gatatu ntacyo dufite. Icyo njye nshaka ni ugushyira Igihugu cyanjye mu nzira nziza ubwo nzaba ndangije ubutumwa bwanjye nkazasigira uzansimbura umurongo mwiza wo gukurikiriza agakomereza ku kubaka Ihihugu cyacu.”

Ni mu gihe abasesenguzi n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, bakomeje kurwanya uyu mugambi, babona nk’iturufu y’uyu Mukuru w’Igihugu kugira ngo izamufashe kugera ku byifuzo bye, nyamara ubutegetsi bwe bwararanzwe no guhuzagurika bya hato na hato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + eighteen =

Previous Post

Ibisobanuro ku mpamvu y’izamurwa ry’imisanzu ya Pansiyo ryatumye havuka impaka

Next Post

BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi

BREAKING: Umusirikare wa RDF uregwa kwica abaturage batanu yaburanishirijwe imbere y’imbaga abanza gutanga inzitizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.