Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Netumbo Nandi-Ndaitwah wo mu ishyaka riri ku butegetsi muri Namibiya SWAPO, yatorewe kuba Perezida w’iki Gihugu, aba umugore wa mbere ugiye kukiyobora kuva cyabona ubwingenge.

Gutsinda kwa Netumbo Nandi-Ndaitwah, bigaragazwa n’imibare y’ibyavuye mu matora byashyizwe ahagaragara kuri wa Kabiri na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri iki Gihugu cya Namibia.

Nandi-Ndaitwah w’imyaka 72 y’amavuko, yatsinze amatora ku majwi 57%, mu gihe Panduleni Itula bari bahanganye muri aya matora wo mu ishyaka rya Independent Patriots for Change (IPC) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, we yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi 26%.

Nandi-Ndaitwah wari usanzwe ari Visi Perezida, ndetse wanditse amateka yo kuba ari we mugore wa mbere utorewe kuyobora Igihugu cya Namibia, akimara gutangazwa nk’uwatorewe kuba Umukuru w’Igihugu, yagize ati “Abaturage ba Namibia batoye amahoro n’umutekano.”

Abaturage ba Namibiya kandi batoye n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, aho Ishyaka SWAPO ryegukanye ubwiganze, ribona imyanya 51 muri 96 yahatanirwaga, mu gihe Ishyaka IPC ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryatsindiye imyanya 20.

Icyakora iri shyaka IPC riyobowe na Panduleni Itula ryatangaje ko ritemera ibyavuye muri aya matora, ndetse rigiye kwiyambaza Inkiko, ngo kuko aya matora yaranzwe n’uburiganya.

Komisiyo y’Igihugu y’amatora muri Namibia, yatangaje ko amatora yabaye ku wa 27 Ugushyingo 2024, yaranzwe n’ibibazo by’ikoranabuhanga no kubura kw’impapuro z’itora, bituma ibyavuye mu matora bitinda gutangazwa kuko hariho amatora yatinze kurangira.

Ishyaka SWAPO ryongeye gutorerwa kuyobora iki Gihugu nyuma y’imyaka 34 riri ku butegetsi bwagiyeho kuva Namibia yabona ubwigenge, ikigenzura ivuye kuri Afurika y’Epfo mu 1960.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 8 =

Previous Post

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

Next Post

Umuraperi rurangiranwa Kendrick Lamar yanditse amateka y’ibyo akoze bwa mbere

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi rurangiranwa Kendrick Lamar yanditse amateka y’ibyo akoze bwa mbere

Umuraperi rurangiranwa Kendrick Lamar yanditse amateka y'ibyo akoze bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.