• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amateka yiyanditse muri Afurika ikindi Gihugu kibona Perezida w’umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Netumbo Nandi-Ndaitwah wo mu ishyaka riri ku butegetsi muri Namibiya SWAPO, yatorewe kuba Perezida w’iki Gihugu, aba umugore wa mbere ugiye kukiyobora kuva cyabona ubwingenge.

Gutsinda kwa Netumbo Nandi-Ndaitwah, bigaragazwa n’imibare y’ibyavuye mu matora byashyizwe ahagaragara kuri wa Kabiri na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri iki Gihugu cya Namibia.

Nandi-Ndaitwah w’imyaka 72 y’amavuko, yatsinze amatora ku majwi 57%, mu gihe Panduleni Itula bari bahanganye muri aya matora wo mu ishyaka rya Independent Patriots for Change (IPC) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, we yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi 26%.

Nandi-Ndaitwah wari usanzwe ari Visi Perezida, ndetse wanditse amateka yo kuba ari we mugore wa mbere utorewe kuyobora Igihugu cya Namibia, akimara gutangazwa nk’uwatorewe kuba Umukuru w’Igihugu, yagize ati “Abaturage ba Namibia batoye amahoro n’umutekano.”

Abaturage ba Namibiya kandi batoye n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, aho Ishyaka SWAPO ryegukanye ubwiganze, ribona imyanya 51 muri 96 yahatanirwaga, mu gihe Ishyaka IPC ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryatsindiye imyanya 20.

Icyakora iri shyaka IPC riyobowe na Panduleni Itula ryatangaje ko ritemera ibyavuye muri aya matora, ndetse rigiye kwiyambaza Inkiko, ngo kuko aya matora yaranzwe n’uburiganya.

Komisiyo y’Igihugu y’amatora muri Namibia, yatangaje ko amatora yabaye ku wa 27 Ugushyingo 2024, yaranzwe n’ibibazo by’ikoranabuhanga no kubura kw’impapuro z’itora, bituma ibyavuye mu matora bitinda gutangazwa kuko hariho amatora yatinze kurangira.

Ishyaka SWAPO ryongeye gutorerwa kuyobora iki Gihugu nyuma y’imyaka 34 riri ku butegetsi bwagiyeho kuva Namibia yabona ubwigenge, ikigenzura ivuye kuri Afurika y’Epfo mu 1960.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bibukijwe intego ikomeye yiyemejwe n’ibyo bakeneweho

Next Post

Umuraperi rurangiranwa Kendrick Lamar yanditse amateka y’ibyo akoze bwa mbere

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Umuraperi rurangiranwa Kendrick Lamar yanditse amateka y’ibyo akoze bwa mbere

Umuraperi rurangiranwa Kendrick Lamar yanditse amateka y'ibyo akoze bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.