Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatewe indi ntambwe mu buryo bushya buri gutangizwa mu gutwara abagenzi muri Kigali

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA) rwatangaje indi mihanda ine yo kugeragerezamo uburyo bushya bwo kwishyura urugendo umuntu yakoze, ije yiyongera ku yindi ibiri iherutse gutangizwamo ubu buryo.

Itangazo ritangaza ko iyi mihanda yongewe kuri ibiri yari igiye kuzuza icyumweru itangirijwemo ubu buryo bukiri mu igerageza, ari yo Nyabugogo-Kubuga n’uwa Downtown-Kabuga, ryagiye hanze kuri uyu wa Mbere rivuga ko iyi mihanda ine mishya itangizwamo iyi gahunda kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024.

Indi mihanda ine yatangijwemo ubu buryo, ni Remera-Downtown, Nyabugogo-Remera, Remera-Kabuga na Masaka-Remera.

RURA kandi yagaragaje ingero z’ibiciro bya bimwe mu bice umuntu azajya yishyura, aho nko mu muhanda wa Remera- Downtown, nk’umuntu wakoze urugero Remera – Sonatube, azajya yishyura 205 Frw, Remera – Rwandex yishure 251Frw, naho Sonatube – Kwa Rubangura yishyure 274Frw, na Remera-Downtown, yishure 388Frw.

Naho mu muhanda Nyabugogo-Remera, nk’umuntu uzajya akora urugendo rwa Nyabugogo- ku Bitaro (Kinamba), azajya yishyura 182Frw, Nyabugogo-Kanogo, igiciro kikaba ari 251 Frw, Nyabugogo- Sonatube, igiciro ni 369 Frw, ndetse Nyabugogo-Remera, igiciro kikaba ari 465Frw.

Mu muhanda wa Masaka-Remera, nk’urugendo rwa Masaka-Murindi, igiciro kizaba 219 Frw, Masaka-Economic Zone, igiciro kizaba 319 Frw, Masaka-Kuri 12, bizabe 369 Frw, mu gihe Masaka-Remera, igiciro kizaba 465 Frw.

Ku muhanda Remera-Kabuga, urugendo rwa Remera-Kuri 12, igiciro kizaba 205 Frw, Remera-Murindi kibe 319 Frw, Remera-Kuri 19 kibe 388 Frw, mu gihe Remera-Kabuga, igiciro kizaba 543 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − four =

Previous Post

Imibonano mpuzabitsina ku isonga mu nzira ziri kwandurizanyamo Mpox yakajije umurego mu Rwanda

Next Post

Hafashwe icyemezo kigamije gufasha Abaturarwanda kunogerwa n’iminsi mikuru

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafashwe icyemezo kigamije gufasha Abaturarwanda kunogerwa n’iminsi mikuru

Hafashwe icyemezo kigamije gufasha Abaturarwanda kunogerwa n’iminsi mikuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.