Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: RIB yataye muri yombi umukozi w’Akarere ka Rutsiro inatangaza ibyo akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
13/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umukozi ushinzwe Kurengera Ibidukikije mu Karere ka Rutsiro kubera ibyo akurikiranyweho byo kwaka ruswa abashaka ibyagomba byo gucukura amabuye n’umucanga.

Kamayirese Innocent usanzwe ari umukozi w’Akarere ka Rutsiro, afungiye kuri Sitariyo ya RIB ya Gihango mu Murenge wa Gihango.

Amakuru yo guta muri yombi uyu mukozi w’aka Karere, yemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukuboza 2024.

Mu butumwa bwatanzwe na RIB, ivuga ko uyu “mukozi ushinzwe kurengera ibidukikije mu Karere ka Rutsiro, akurikiranweho kwaka ruswa y’amafaranga abantu batandukanye kugira ngo abahe ibyangombwa byo gucukura amabuye n’umucanga.”

Kamayirese yafashwe nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku mitangire y’ibyangobwa byo gucukura umucanga n’amabuye byo kubaka mu Karere ka Rutsiro.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruvuga ko mu gihe uyu Kamayirese acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango, hari gutunganywa dosiye ikubiyemo ikirego cye, kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Uru rwego rwaboneyeho gutanga ubutumwa, rugira ruti “RIB iributsa kandi ko ruswa ari icyaha kidasaza, inaburira abakoresha ububasha bahabwa n’amategeko mu nyungu zabo bwite kubihagarika kuko ari ibikorwa bihanwa n’amategeko.”

RIB kandi yanashimiye abaturage bakomeje gutanga amakuru atuma abishora mu bikorwa nk’ibi bafatwa kugira ngo bagezwe imbere y’Ubutabera baryozwe ibyo baba bakekwaho, by’umwihariko kuri aba baka abantu ruswa, bakaba bakomeje kubyanga ahubwo bakagaragaza abayibatse.

Muri iki cyumweru, Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarenga, Transparency International Rwanda, washyize hanze ibyavuye mu bushakashatsi kuri ruswa (Rwanda Bribery Index), bwagaragaje ko abantu 15,90% mu babajijwe, batswe ruswa.

Ubu bushakashatsi bwerekanye ko Inzego z’abikorera ziza ku isonga muri ruswa, aho ziri ku gipimo cya 13%, mu gihe mu nzego z’Ibanze zirimo na hariya mu Karere ka Rutsiro, ruswa yahagaragaye ku gipimo cya 6,40%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 4 =

Previous Post

Umunyarwanda waciye agahigo ku Isi mu mukino wa Cricket ntakiri umukinnyi w’ikipe y’Igihugu

Next Post

Ukekwa ko yari agiye kwiba ihene yatahurwa amaguru akayabangira ingata ibye byarangiye nabi

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburasirazuba: Ubuyobozi busaba abaturage kubaka ibibanza bitubatse nabo bagasaba gukurirwaho amananiza

Ukekwa ko yari agiye kwiba ihene yatahurwa amaguru akayabangira ingata ibye byarangiye nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.