Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we

radiotv10by radiotv10
21/12/2024
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Igikekwa ku mugore basanze yapfuye nyuma y’iminsi itatu yimukanye n’umugabo we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wari umaze iminsi itatu yimukiye mu Kagari ka Bishenyi mu Murenge wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana, yasanzwe mu nzu yapfuye, bikekwa ko yishwe n’umugabo we, ariko intandaro ikaba ikomeje kuba amayobera kuko uyu muryango wari ubanye neza.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Buseke mu Kagari ka Bishenyi muri uyu Murenge wa Mwulire, aho nyakwigendera Nyiranizeyimana Claudine wari warashakanye na Biserukande Edouard, bamusanze mu ijoro ryo ku wa Kane yitabye Imana, nyuma yuko bari babanje kumura.

Inzu bari batuyemo muri aka gace, bari bayimazemo iminsi itatu dore ko bari baherutse kwimuka bava mu Karere ka Bugesera, ariko aha bimukiye n’ubundi bigeze kuhatura.

Ntawutayavugwa Jean Baptiste wo mu muryango wa nyakwigendera avuga ko ubwo bamubonaga yapfuye, yari yiriwe amushaka yamubuze umunsi wose.

Ati “Ku buryo nagize amakenga, ndagenda ndavuga nti reka njye gufungura nsanga umuntu yapfuye kuko no mu Mudugudu yenda ngo barashwanye cyangwa iki…”

Uyu muturage avuga ko ahabonetse nyakwigendera yapfuye, hanagaragaye isuka bikekwa ko ari yo yakoreshejwe n’umugabo we mu kumwica.

Gusa abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko na bo batunguwe n’ibi byabaye, kuko nta makimbirane bari basanzwe bazi muri uyu muryango ku buryo bakeka ko ari yo ntandaro yo kuba uyu mugabo yishe umugore we.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Richard Kagabo yemeje amakuru y’urupfu rw’uyu muturage, avuga ko ibi bibaye nyuma y’igihe gito hari ibindi bisa nkabyo bibaye muri aka gace.

Gusa we avuga ko uyu muryango ushobora kuba wari ufitanye ikibazo, kikaba kitari cyakamenyekana kuko bari bamaze iminsi micye bimukiye muri aka gace.

Ati “Kuba rero umufasha we yamwishe agacaho akagenda akanabura, ku ruhande rumwe ni ibigaragaza ko n’aho baturutse bari babanye nabi yenda ayo makuru ni yo tutari dufite bihagije twari kujya kubikumira ariko ntabwo bari babanye neza ni na yo mpamvu byabaye hagashira iminsi ari nta muntu ubizi.”

Ni mu gihe Beserukande Edouard ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugore we, akomeje gushakishwa n’inzego z’umutekano zahise zinatangira gukora iperereza ku cyaba cyatumye amwivugana.

Iyi nzu bari bayimazemo iminsi micye
Abaturanyi batunguwe n’ibi byabaye
Bavuga ko nyakwigendera bari biriwe bamushaka bamubuze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + nineteen =

Previous Post

Menya impinduka zakozwe mu Nzego Nkuru zirimo iz’abayobozi batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Umugore w’i Huye ukurikiranyweho guha ibihano biremereye umwana we yasobanuye icyabimuteye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Umugore w’i Huye ukurikiranyweho guha ibihano biremereye umwana we yasobanuye icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.