Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki akaba n’inzobere mu mategeko, Gatete Nyiringabo avuga ko kuba umutwe wa M23 ukomeje gufata ibice binyuranye, utagamije kubigumana ngo uzabiyobore, ahubwo ko ushaka kotsa igitutu ubutegetsi bwa Congo kugira ngo bwemere ibiganiro.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, umutwe wa M23 watangaje ko wabohoje igice cya Masisi cyaje kiyongera ku bindi bice birimo ibyo imaze imyaka ibiri ibohoje n’ubu ikigenzura, nka Bunagana yafashe muri Kamena 2022.

Umutwe wa M23 kandi wavuze kenshi ko udateze kurambika intwaro hasi, igihe cyose ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, butarashyira mu bikorwa ibyo usaba, kandi ko ntayindi nzira bizavamo atari ibiganiro.

Ni mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa na bwo butahwemye gutsemba ko budateze kuganira n’uyu mutwe bwamaze kwita uw’iterabwoba, bushinja gufashwa n’Ibihugu by’amahanga birimo u Rwanda, na rwo rwabihakanye kenshi.

Ibiganiro byagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi i Luanda tariki 15 Ukuboza 2024, byahagaze ku munota wa nyuma, nyuma yuko Guverinoma ya Congo yisubiyeho ko itazaganira n’uyu mutwe wa M23, mu gihe mu myiteguro y’iyi nama, Congo noneho yari yemeye ko izicarana ku meza y’ibiganiro na M23.

Umusesenguzi mu bya politiki, akaba n’impuguke mu mategeko, Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, yavuze ko M23 ikomeje imirwano kuko yamaze kubona ko ntayandi mahitamo, yo kugira ngo ubutegetsi bwa Congo bwemere ko bagirana ibiganiro.

Yagize ati “Aho Isi igeze, imishyikirano igaragazwa n’icyagezweho. Kandi noneho ubu ntabwo imishyikirano, ari ya yindi izaza gusa ari iyo gusinya amasezerano ku mpapuro ngo ibintu bihite bihagarara. Ubu aho bigeze, M23 izasaba ko igaragarizwa icyizere cy’uko hazashyirwa mu bikorwa ibizaba bikubiye mu masezerano.”

Uyu musesenguzi akomeza avuga ko akurikije uko M23 iri kwitwara, bigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo buzisanga ntayandi mahitamo uretse kuganira n’uyu mutwe bwamaze kwita uw’iterabwoba.

Ati “Nimujya mwumva M23 iri gufata ibice, ntabwo ishyize imbere gufata za Teritwari, ahubwo iba ishaka kugira ngo habeho ibiganiro, iravuga iti ‘mwavuze ko muzaturwanya natwe tuzirwanaho duharanira uburenganzira bwacu’.”

Gatete akomeza avuga kuri we atabona ko umuti w’iki kibazo uzava mu mirwano nkuko bishyizwe imbere n’ubutegetsi bwa Congo, kuko igihe cyose hari ibibazo nk’ibi haba hakenewe ibiganiro n’imishyikirano kandi ko ari cyo M23 igamije nubwo ikomeje gufata ibindi bice.

Ati “Kuva M23 ikomeje gufata ibice, ntabwo mbona ko bafite ubushake bwo kuyobora izo Teritwari, bo bafite ubushake bwo gufata izo Teritwari kugira ngo bashyire igitutu ku butegetsi bwa Kinshasa, kugira ngo izagere aho yemere gushyikirana na bo, kandi inashyire mu bikorwa ibyo bemeranyijweho.”

Umutwe wa M23 ugizwe n’abanyekongo baharanira uburenganzira bwa benewabo bavuga Ikinyarwanda bakomeje guhohoterwa n’ubutegetsi bwa Congo bufatanyije n’imitwe yitwaje intwaro byumwihariko uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 2 =

Previous Post

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Next Post

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Related Posts

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

by radiotv10
05/11/2025
0

Mu Gihugu cy’u Buhindi, abantu 11 bapfiriye mu mpanuka ya gari ya moshi yari itwaye abagenzi, yagonganye n’iyari itwaye ibicuruzwa...

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Ikibuga cy’Indege cya Bruxelles cyari cyahagaritse ibikorwa kubera impungenge z’umutekano zatewe n’indege zitagira abapilote (Drones) bitazwi aho zaturutse zahazengurutse, cyasubukuye...

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

by radiotv10
05/11/2025
0

The Banyamulenge people, together with other ethnic groups including the Babembe, Bapfuru, Bashi, and others living in Minembwe in the...

IZIHERUKA

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga
IMIBEREHO MYIZA

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

06/11/2025
Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w'iyo yakiniraga mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.