Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amayobera ku waburiwe irengero nyuma yo kwegekwa n’agahinda k’umukobwa we nawe wari wabuze

radiotv10by radiotv10
10/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amayobera ku waburiwe irengero nyuma yo kwegekwa n’agahinda k’umukobwa we nawe wari wabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, uri mu gahinda n’urujijo nyuma yuko umubyeyi wabo (Se) aburiwe irengero icyumweru kikaba gishize, aho yari yabanje kugira agahinda k’umwe mu bana be na we wavuye mu rugo batazi aho agiye bakamara igihe baramubuze.

Uyu muryango wa utuye Gahungu Emmanuel utuye mu Kagari ka Pera mu Murenge wa Bugarama, aho uyu mugabo yabuze kuva tariki 01 Mutarama 2025.

Mbere yo kubura k’uyu musaza hari habanje kugenda umwana we w’umukobwa we na we wari wagiye aho batazi, bitera agahinda uyu musaza wibazaga aho azamushakira nk’uko bivugwa n’umwe mu bana bo muri uru rugo.

Ati “Mukuru wanjye twarabyutse turamubura. Papa akavuga ngo Mahoro aragiye na nyina yaransize, ati ‘uyu mukobwa nzajya kumushakira he koko?”

Bavuga ko baheruka guca iryera uyu mubyeyi wabo ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ku mugoroba ubwo yari agiye gufata agacupa ariko bakamutegereza bakamubura.

Kubura kwe biri kugira ingaruka ku bana bagera kuri batandatu amaze imyaka 12 arera wenyine kuko umugore yabamutanye, aho abato biga mu mashuri abanza bivugwa ko bagera mu ishuri kwiga bikabananira ahubwo bakarira, mu gihe abakuru birirwa bamushakisha ahantu hose cyane cyane ahafungirwa abantu ngo barebe ko bamubona.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Bugarama, Uwera Joselyne yabwiye RADIOTV10 ko amakuru bakuye mu Mudugudu avuga ko uyu musaza yaba yaragiye kubera ibibazo bituruka ku gutwara inda no kubura k’umukobwa we.

Agira ati “Icyo dukeka ko cyaba cyaramujyanye ni uko mu bana be harimo uw’umukobwa watewe inda bigatuma agirana amakimbirane na musaza we ariko umusaza kuko yakundaga umukobwa we akajya abihosha. Rero uwo mwana w’umukobwa yaje kugenda baramubura, nyuma rero n’umusaza aza kugenda ariko ubu turacyashakisha, ariko icyizere dufite ni uko wenda akiriho.”

Umwana we w’umukobwa wari wabuze bivugwa ko uyu musaza yagiye kubera we, yaje kuboneka avuga ko yari yagiye i Kamembe gusura inshuti ye.

Ibyangombwa bya Gahungu Emmanuel birimo irangamuntu n’impapuro z’inzira yambukiragaho ajya muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (CEPGL) ntabyo yajyanye.

Gitifu w’Agateganyo avuga ko bakomeje gushakisha

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

Next Post

Abahanzi b’ibirangirire ku Isi bagize icyo bavuga ku kirego cyo gusambanya umwana muto

Related Posts

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi b’ibirangirire ku Isi bagize icyo bavuga ku kirego cyo gusambanya umwana muto

Abahanzi b’ibirangirire ku Isi bagize icyo bavuga ku kirego cyo gusambanya umwana muto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.