Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amasezerano uruzinduko rwa Perezida Kagame rusize hagati y’u Rwanda na Türkiye

radiotv10by radiotv10
24/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya amasezerano uruzinduko rwa Perezida Kagame rusize hagati y’u Rwanda na Türkiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriraga muri Türkiye, Guverinoma y’u Rwanda n’iy’iki Gihugu, zasinye amasezerano ane y’ubufatanye, arimo ayasinywe hagati ya Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda n’Urwego ruri mu zikomeye mu gisirikare muri Türkiye, ndetse n’ay’iperereza mu by’impanuka z’indege.

Ni amasezerano yasinywe na Guverinoma z’Ibihugu byombi kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, umunsi wa nyuma w’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame.

Aya masezerano, harimo ay’ubufatanye n’imikoranire hagati y’u Rwanda na Türkiye mu rwego rw’ibijyanye n’itangazamakuru n’itumanaho (Media and Communication).

Hari kandi amasezerano y’ubufatanye hagati y’Urwego rushinzwe iby’amasoko y’ibya gisirikare ruzwi nka Presidency of Defence Industries (SSB) ndetse na Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda.

Uru rwego rwa SSB rwashinzwe mu 1985, rugenzurwa n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Türkiye, rufite inshingano zo gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe na Komite Nshingwabikorwa mu rwego rwa Gisirikare, ndetse rukaba rutegura gahunda zitanga ibisubizo bigamije gufasha igisirikare kugera ku ntego zacyo.

Uru rwego kandi rusanzwe runafite inshingano zo gukorana n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu kubaka uruganda rwa gisirikare rujyanye n’igihe.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Türkiye kandi zasinye andi masezerano y’imikoranire mu bijyanye n’itangazamakuru ry’isakazamajwi (radio) n’iry’isakazamashusho (Television).

Ni amasezerano yasinywe hagati y’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru mu Rwanda (Rwanda Broadcasting Agency-RBA) ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru muri Türkiye (Turkish Radio and Televesion Corporation-TRT).

Andi masezerano, ni ay’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, mu bijyanye n’iperereza mu by’impanduka z’indege n’izindi mpanuka zikomeye.

Perezida wa Türkiye, Recep Tayyip Erdoğan yakiriye mugenzi we Paul Kagame

Perezida Kagame yavuze ko aya masezerano ashimangira imikoranire y’u Rwanda na Türkiye
Hasinywe amasezerano ari ayo mu rwego rwa gisirikare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku bakinnyi nyamwamba ba Rayon baherutse kugira imvune

Next Post

Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.