Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko abantu icyenda (9) ari bo bahitanywe n’ibisasu byarashwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije na FDLR mu mirwano ibahanganishije n’umutwe wa M23.

Ni ibisasu byarashwe kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025 mu mirwano ihanganishije igisirikare cya DRC gifatanyije n’impande zinyuranye zirimo umutwe wa FDLR, Ingabo z’u Burundi, iza SADC ndetse n’umutwe wa Wazalendo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2027, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwari bwatangaje ko ibi bisasu byahitanye ubuzima bw’abantu batanu (5) abandi 35 barakomereka.

Amakuru agezweho yatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Bernard Mukuralinda, avuga ko abantu bamaze kwitaba Imana bazize ibi bisasu byaturutse muri Congo, ari icyenda.

Mukuralinda kandi yatangaje ko ibi bisasu byangije inzu eshanu (5) zo mu Mujyi wa Rubavu mu bice byeregeye Umujyi wa Goma uri kuberamo imirwano ihanganishije impande zombi.

Naho abantu 681 batuye mu bice byegereye umupaka ahiriwe ejo humvikana urusaku rw’amasasu arimo n’ayagiye agwa mu Rwanda, bo bahungabanyijwe n’aya masasu, bava mu ngo zabo, ubu bakaba bacumbikiwe mu Nkambi ya Kijote iherereye mu Karere ka Nyabihugu gahana imbibi n’aka ka Rubavu.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zageze kuzimiriza mu kirere bimwe mu bisasu, ariko ko hari ibyazicikaga bikagwa ku butaka bw’u Rwanda.

Brig Gen Rwivanga yari yagize ati “Hari ibyo twagiye turasa, ibisasu byabo. Turimo kugerageza ibishoboka byose kugira ngo tuburizemo ibyo bisasu.”

Brig Gen Rwivanga kandi, kuri uyu wa Mbere yasezeranyije Abaturarwanda ko umutekano wabo ucunzwe ku buryo Ingabo z’u Rwanda ziryamiye amajanja kuba zasubizayo igitero icyo ari cyo cyose cyashaka kwinjira mu Rwanda, mu gihe iyi mirwano yahakomereza.

Yagize ati “RDF turakomeza gufata ingamba zose zishoboka kandi zikenewe kugira ngo hirindwe ibitero byose byambukiranya imipaka.”

Ni mu gihe imirwano ihanganishije FARDC n’umutwe wa M23 mu Mujyi wa Goma ikomeje mu bice bimwe na bimwe bitaramara kubohorwa n’uyu mutwe wo wemeje ko uyu mujyi wabohowe mu mahoro.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mutarama 2025 urusaku rw’amasasu rwakomeje kumvikana muri uyu Mujyi wa Goma, aho abatuye mu Karere ka Rubavu, baruzindukiyeho ndetse rukaza gukaza umurego ahagana saa mbiri za mu gitondo, ariko rukaza gucogora mu masaha ya saa yine n’igice.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eighteen =

Previous Post

Amakuru agezweho ku Munyamabanga w’Ishyaka riyoboye u Burundi wajyanywe igitaraganya kuvurirwa i Nairobi

Next Post

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.