• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umwe mu bahanzi Nyarwanda agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Da Rest uzwi mu ndirimbo ziganjemo iz’urukundo, agiye gukora ubukwe n’umukobwa uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, bamaze imyaka ine bari mu munyenga w’urukundo.

Uyu muhanzi Ishimwe Prince wamamaye nka Da Rest wahoze mu itsinda Juda Muzik, ubu usigaye wiririmbana ku giti cye nyuma yuko iri tsinda risenyutse, inkuru y’ubukwe bwe yemezwa na zimwe mu nshuti ze za hafi zizi iby’urukundo rwe n’uyu mukobwa uba muri USA.

Umwe mu nshuti za hafi z’uyu muhanzi, avuga ko mu minsi micye ishize, Da Rest yanambitse impeta y’urukundo uyu mukunzi we, mu birori byabaye tariki 10 Mutarama 2025, akamusaba ko bazarushingana, undi na we akabyemera atazuyaje.

Iyi nshuti ya Da Rest, yabwiye Ikinyamakuru cyitwa Igihe ati “Ni umukobwa bari bamaranye imyaka ine, byumvikane ko baziranye cyane ku buryo kurushinga byaba nta gitangaza kirimo.”

Amakuru aturuka mu nshuti z’uyu muhanzi, avuga ko we n’uyu mukunzi we, bamenyanye ubwo bahuriraga mu birori by’imwe mu nshuti zabo, bagatangirira aho baganira, bikaza kuvamo urukundo ruganisha ku mushinga wo kurushingana.

Izi nshuti z’aba bombi, kandi zemzeza ko ubukwe bwa Da Rest n’umukunzi we uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, buzaba muri uyu mwaka, ndetse ko impande zombi ziri mu myiteguro yabwo.

Da Rest aherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we
Yamusabye ko bashingana undi arabyemera

N’ubukwe ngo ni vuba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + eleven =

Previous Post

UPDATE: Umubare w’Abaturarwanda bahitanywe n’ibisasu byarasiwe muri Congo wiyongereye

Next Post

M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.