Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

P.Kagame yakosoye imvugo itagoroye ya Ramaphosa kuri RDF anamuha ubutumwa niba Igihugu cye cyifuza guhangana

radiotv10by radiotv10
30/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
P.Kagame yakosoye imvugo itagoroye ya Ramaphosa kuri RDF anamuha ubutumwa niba Igihugu cye cyifuza guhangana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakosoye imvugo igoramye yakoreshejwe na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, aho yise RDF umutwe w’inyeshyamba, amubwira ko ari “Ingabo z’Igihugu, atari inyeshyamba” anamubwira kandi ko niba Igihugu cye cyifuza guhangana, u Rwanda rufite uburyo ruzabyitwaramo igihe cyabyo nikigera.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu ijoro ryacyeye, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, asubiza ubundi burebure bwatanzwe na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa ubwo yunamiraga abasirikare 13 b’Igihugu cye baguye mu mirwano muri DRC.

Perezida Kagame yavuze ko muri iki cyumweru yagiranye ibiganiro bibiri na Ramaphosa, birimo icyo bagiranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, byombi byagarukaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “Ibyagiye bitangazwa kuri ibi biganiro yaba ibyatambutse mu bitangazamakuru n’ibyatangajwe na Perezida Ramaphosa ubwe, byose byuzuye kugoreka kwinshi, kwibasira ndetse n’ibinyoma. Niba hashobora gutangazwa ibihabanye n’ibyaganiriweho bigatangazwa mu matangazo yo ku karubanda, ibyo bigaragaza uburemere bw’uko ibibazo bikomeye biri gukemurwa.”

Mu mvugo yakoreshejwe na Ramaphosa mu itangazo yanyujije kuri X avuga ku mpfu z’abasirikare 13 b’Igihugu cye, yavuze ko kubura ubuzima kwabo kwaturutse “ku gukaza umurego w’imirwano y’umutwe w’inyeshyamaba wa M23 n’umutwe wa Rwanda Defence Force (RDF)…”

Mu butumwa bw’Umukuru w’u Rwanda busubiza ubwa Ramaphosa, yakomeje avuga ko hari ibyo yifuza gutangaho umucyo ku byavuzwe na mugenzi we, ati “icya mbere, Rwanda Defence Force ni Ingabo ntabwo ari inyeshyamba.”

Naho ku kijyanye n’ingabo ziri mu butumwa bwa SADC zahawe izina rya SAMIDRC; Perezida Kagame yavuze ko atari ingabo zagiye gucunga amahoro, ndetse ko zitari zikwiye guhabwa ijambo mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri Congo.

Ati “Zahawe uburenganzira na SADC nk’izazanye umwiryane zishora mu mirwano yo gufasha Guverinoma ya DRC kwivuna abaturage bayo, bakorana n’imitwe y’Abajenosideri nka FDLR igambiriye guhungabanya u Rwanda, ndetse zinagamije gushoza intambara ku Rwanda ubwazo.”

Yakomeje yibutsa kandi ko izi ngabo za SAMIDRC zaje zisimbura bisa nko kwirukana ingabo zari ziri mu butumwa bw’amahoro mu buryo bufatika z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kandi ko izi za SADC zazambije ibintu zikanahindanya isura y’ibiganiro by’amahoro byariho bikorwa.

Ati “Perezida Ramaphosa ntiyigeze atanga umuburo uwo ari wo wose, ahubwo atanga ubutumwa mu rurimi rw’iwabo ntanabashije kumva. Yasabye ubufasha bwo kuba Ingabo za Afurika y’Epfo zabona amashanyarari, ibiryo n’amazi, kandi tuzafasha mu kubatangira ubutumwa.”

Perezida Kagame yakomeje kandi avuga ko muri ibyo biganiro, Ramaphosa yamwemereye ko “Nta basirikare ba Afurika y’Epfo bishwe na M23, ahubwo ko byakozwe na FARDC.”

Yasoje ubutumwa bwe avuga ko niba Afurika y’Epfo yifuza gukomeza gutanga umusanzu binyuze mu nzira z’amahoro, byaba ari amahire, ariko ko iki Gihugu kidafite umwanya mu butumwa bw’amahoro cyangwa mu buhuza. Ati “Ariko niba Afurika y’Epfo yifuza guhangana, u Rwanda rufite uburyo ruzabyitwaramo muri uwo mujyo umunsi nugera.”

Ni mu gihe kandi Perezida Ramaphosa akomeje gushyira ku gitutu n’abaturage b’Igihugu cye, bamunenga uburyo yafashe icyemezo cyo kohereza abasirikare muri DRC none bakaba bari kuhatikirira, bakamusaba ibisobanuro no kuba yafata icyemezo cyo kubacyura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. akumiro says:
    1 year ago

    ariko se umuntu arohereza abasirikare kurugamba yumva batazapfa?? (Ramaphosa atekereza ko abasirikare be bazajya barasa abandi bagatega umutwe ntibasubize?) nareke kwiriza nk’umwana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + nineteen =

Previous Post

Ibisobanuro by’uregwa gusambanya inshuro nyinshi umukobwa we yibyariye akanamutera inda

Next Post

Why Did European Media Black Out the Surrender of Mercenaries in Kivu?

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why Did European Media Black Out the Surrender of Mercenaries in Kivu?

Why Did European Media Black Out the Surrender of Mercenaries in Kivu?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.