Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’uyu Murenge banenga gufunga inzu y’umuturage yari imaze imyaka itanu ikorerwamo buyihora ko yubatswe mu buryo butemewe bukayifungiraniramo umwana wari uryamyemo akavanwamo bigoranye.

Abaturage bavuga ko batunguwe no kubona inzu imaze imyaka itanu ituwemo ndetse inakorerwamo ubucuruzi, ifungwa n’ubuyobozi ngo kubera ko yubatswe mu buryo butemewe.

Mvuyekure Celestin ati “Harimo akarengane kubera inzu yarubatswe babizi, imyaka itanu irashize abayobozi babizi.”

Nyiri iyi nzu avuga ko ubuyobozi buza kuyifunga hari haryamyemo umwana muto ariko abaturage bagerageje kubivuga ntibwabyumva, ahubwo bushyiraho ingufuri buragenda biba ngombwa ko umwana akurwamo n’abaturage bakoresheje urwego.

Mvuyekure Celestin akomeza agira ati “DASSO azana ingufuri ashyiraho turamubwira ngo nubwo uhafunze harimo umwana, twakoze ubutabazi dukora urwego rurerure twice n’idirishya tumuvanamo.”

Uwumukiza Beatrice, umubyeyi w’uyu mwana, na we yagize ati “Ndababwira nti ‘bakingiranyemo umwana wanjye, nimumbaba dushakishe ukuntu twamukuramo’, baraza bafata urwego baca idirishya binjiramo bamukuramo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Damas Uwimana yemereye RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge ari bwo bwafunze iyi nzu, gusa ahakana ko baba barafungiyemo umwana.

Ati “Ni ubuyobozi bw’Umurenge bwayifunze kuko yubatswe mu buryo budakurukije amabwiriza y’imyubakire. Iby’uko yari imaze imyaka itantu ntabyo tuzi. Ibyo by’umwana ntabyo tuzi, ubwo se nyine hari umuyobozi wakora ibyo ngibyo byo gufungirana umwana?”

Nyiri iyi nzu avuga ko uretse umwana wakuwemo n’abaturage, hari harimo n’ibicuruzwa nk’umutobe, indangara, n’inzoga ku buryo hari ibyangirikiyemo bikamuviramo igihombo.

Umwana wari wafungiranywe muri iyi nzu, yakuwemo bigoranye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Next Post

Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.