Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Haravugwa umusoro ushobora guteza kutumvikana mu bacuruza ibicuruzwa biciriritse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuriza ibicuruzwa biciriritse hanze y’isoko rya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe, ntibavuga rumwe ku musoro bacibwa kuko uhanitse bagereranyije n’ucibwa abo bacuruza bimwe, kuko babakubye gatatu, nyamara bose bacururiza hamwe ndetse n’ibicuruzwa bijya kunganya agaciro.

Aba bacuruzi, ni abacuruza ibijumba n’ibitoki bacururiza hasi muri iri soko rya Nyakarambi riherereye mu Murenge wa Kirehe, aho bavuga ko basoreshwa ibihumbi bitatu (3 000 Frw) mu gihe abacuruza inyanya n’ibindi bicuruzwa bo basoreshwa igihumbi (1 000 Frw).

Aba basoreshwa ibihumbi bitatu, bavuga ko batiyumvisha uburyo babigirijeho nkana mu musoro, bagakuba gatatu abandi, nyamara ibyo bacuruza binganya agaciro.

Umwe yagize ati “Ikigaragara uba ubona ko ari akarengane dufite kuko ab’inyanya basora igihumbi (1 000 Frw) twebwe tugasora bitatu (3 000 Frw). Bagenekereje twajya dusora kimwe n’ay’abandi.”

Undi na we ati “Niba twese ducururiza hanze, dukwiye gutanga umusoro w’igihumbi kuko tuba tuzi ko hano dukorera hakenewe isuku.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno aviga ko bagiye gufatanya n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro gusuzuma iki kibazo, bakamenya impamvu aba bacuruzi basoreshwa umusoro utangana

Yagize ati “Ni ibicuruzwa biba bitandukanye bisora mu buryo butanduaknye. Nk’ubuyobozi turaza kubisuzuma tunaganire n’inzego zibishinzwe, turaganira na RRA dufatanyije n’Inama Njyanama kugira ngo harebwe ibijyanye n’ingano y’ibisoreshwa muri iri soko.”

Aba bacuruzi bavuga ko bumva neza umumaro wo gusora ariko ko hatari hakwe kuzamo ubusumbane mu gusoreshwa kandi aho bacururiza ari hamwe ndetse bose bacuruza ibiribwa.

Aba bacuruzi bavuga ko ibi bisa n’akarengane
Bivugwa n’abacuruza ibijumba

Ndetse n’abacuruza ibitoki
Mu gihe abacuruza inyanya bo basoreshwa 1 000 Frw

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Harumvikana kunyuranya hagati y’Ubuyobozi n’abakora ibitemewe bituma bahozwa ku nkoni bavuga ko babiterwa n’amaburakindi

Next Post

Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.