• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze uko rwiteguye inama iziga ku bibazo bya Congo n’ibyo ruzagaragaza

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze uko rwiteguye inama iziga ku bibazo bya Congo n’ibyo ruzagaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye kuzitabira Inama idasanzwe izahuza Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC, izaba yiga ku bibazo by’Umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, rukagaragarizamo ibyo rutahwemye kugaragaza, byaruzanira amahoro bikanayazanira abaturanyi kuko ari byo ruhora rwifuza.

Yolande Makolo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio Capita FM, yo muri Kenya, cyagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byazamuye umwuka mubi mu mubano w’iki Gihugu n’u Rwanda.

Ni ikiganiro kandi kibaye nyuma y’iminsi micye, Perezida wa Kenya, William Ruto akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) atangaje ko hagiye guterana inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango ndetse n’uw’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC).

Perezida Ruto kandi yatangaje ko mu Bakuru b’Ibihugu bamaze kwemera kuzitabira iyi nama, harimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, muri iki kiganiro yagiranye na Capital FM; yavuze u Rwanda rwiteguye kuzitabira iyi nama.

Yagize ati “Turi kwitegura, tuzongera kugaragaza impungenge zacu, turifuza ko tuzasubiza amaso inyuma hakarebwa amasezerano yagiye afatwa kandi twiteguye kugira uruhare rwacu kugira ngo twihute mu gushaka amahoro n’ituze, kandi ibyo byahoze ari intego yacu, kandi tuzongera kurushaho kubishimangira, kandi turanifuza gukorana n’Ibindi Bihugu bya Afurika ndetse n’abandi bafatanyabikorwa bose aho bari hose ku Isi kugira ngo bigerweho.”

Yolande Makolo yavuze ko uko u Rwanda ruhora rwifuza amahoro yarwo, ari na ko ruyifuriza ibindi Bihugu byumwihariko iby’ibituranyi.

Ati “Turifuza ko habonerwa umuti ibi bibazo bibangamira ikiremwamuntu, kandi ntabwo ari ibi byabaye gusa mu byumweru bibiri cyangwa mu mezi macye ashize, kuko abantu bakomeje kurengana kuva mu binyacumi byinshi, ndavuga uyu muryango mugari ukomokamo M23, turifuza ko ibi bihagarara, turashaka amahoro kurusha uko abandi bose bayashaka.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda kandi yavuze ko iki Gihugu cyifuza kugera ku bikorwa by’iterambere, ari na ko kibyifuriza Ibihugu by’ibituranyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 1 =

Previous Post

U Rwanda n’u Burusiya baganiriye ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo

Next Post

DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

DRCongo: Amakuru mashya kuri umwe mu bari barakatiwe urwo gupfa kubera kugerageza guhirika ubutegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.