• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwaho kuba intandaro y’umugore ukurikiranyweho kwica umugabo we afatanyije n’umwana wabo

radiotv10by radiotv10
10/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umaze iminsi ibiri ashakishwa mu kirombe cyamuridukiye yabonetse yarapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, arakekwaho kwica umugabo we afatanyije n’umwana wabo, aho bikekwa ko byaturutse ku makimibirane bari bafitanye yo kuba nyakwigendera yakekaga umugore we kumuca inyuma.

Uyu mugore w’imyaka 38 y’amavuko, atuye mu Mu Mudugudu wa Gasovu mu Kagari ka Nyarunyinya, mu Murenge wa Cyeza, ari na ho habereye iki cyaha.

Amakuru avuga ko uyu muryango wahoranaga amakimbirane yari ashingiye ku kuba umugabo yakekaga umugore we kumuca inyuma.

Ubwo iki cyaha cy’ubwicanyi gikekwa kuri uyu mugore cyabaga, n’ubundi yari yari yabanje gushyamirana n’umugabo we bapfaga ubusinzi ndetse anamushinja ibyo byo kumuca inyuma.

Uyu mugore bivugwa ko yakubise ikintu mu mutwe umugabo we, afatanyije n’umuhungu wabo w’imyaka 15, umugabo agahita araba, hakiyambazwa imbangukiragutabara, ariko n’ubundi birangira ashizemo umwuka.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Cyeza, Ndayisenga Placide wavuze ko uyu mugore n’ubundi yari yatashye ariko umugabo we akamushinja ko yari avuye mu bagabo.

Yavuze ko muri uko gushyamirana, umugore yakubise umugabo we afatanyije n’umuhungu wabo, ndetse inzego zigahita ziza kureba ibibaye.

Ati “Irondo ryatabaye risanga Dushimiyimana André yazahaye cyane kuko yasaga n’uwapfuye.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko uyu muryango wari waravuzwemo amakimbirane kenshi, ndetse nyakwigendera yaragiriwe inama zo kugana inzego ngo zibyinjiremo akinangira.

Ukekwaho kwica umugabo we ndetse n’umuhungu wabo ukekwaho kuba umufatanyacyaha, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Muhanga kugira ngo hakomeze iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − six =

Previous Post

Ibyitezwe mu nama mpuzamahanga yiga ku ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Next Post

Nyuma y’ibyumweru bibiri M23 ifashe Goma yagaragaje uko byifashe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
M23 yagaragaje gihamya ko yafashe Ikibuga cy’Indege cya Goma inaganje muri uyu Mujyi

Nyuma y’ibyumweru bibiri M23 ifashe Goma yagaragaje uko byifashe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.