• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizwe hanze amayeri yakoreshejwe n’umusaza uregwa gusambanya umwana arusha imyaka 64

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwashyikirije Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata dosiye y’ikirego kiregwamo umusaza w’imyaka 77 ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 13, aho bivugwa ko yabikoze nyuma yo kumusanga akina n’abandi bana akabaha igiceri cya 100Frw ngo bajye kugura ibisuguti, ubundi agahita amwihererana.

Ni dosiye yamaze gutungunywa n’Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo, ndetse bunayishyikiriza Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata nk’uko amakuru dukesha Ubushinjacyaha bw’u Rwanda abivuga.

Uyu musaza aregwa icyaha cyabaye mu mpera z’ukwezi gushize, tariki 27 Mutarama 2025, kibera mu Kagari ka Gihembe mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera.

Ubushinjacyaha bugaragaza imikorere y’iki cyaha, bwagize buti “Kuri uwo munsi, uregwa yasambanyije uwo mwana, nyuma yo kumusanga akina n’abandi bana ku irembo rye, abo bana bandi akabaha amafaranga ijana (100 Frw) ngo bajye kugura biscuit akamusigarana, bamara kugenda akamujyana mu cyumba akamusambanya.”

Ubushinjacyaha bukomeza bugira buti “Umwana wasambanyijwe avuga ko ari inshuro ya kabiri uyu musaza yari amusambanyije, ndetse hari n’umutangabuhamya wemeje ko yabonye uwo mwana asohoka mu cyumba cy’uwo musaza.”

Ni mu gihe uregwa atemera icyaha akurikiranyweho, nyamara mu gihe cyamuhama akaba yahanishwa igifungo cya burundu, hashingiwe ku ngingo ya 14 (3) y’itegeko nº 058/2023 ryo ku wa 04/12/2023 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 4 =

Previous Post

Hagati yo guhangana n’ibibangamiye umutekano w’u Rwanda n’ibihano rwakangishwa, Perezida Kagame yavuze icyo yahitamo

Next Post

Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.