Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ubwo yari afite imyaka 17 yinjiye muri studio za Radio 10,
  • Yifuzaga gukora itangazamakuru ariko umuryango utabyumva.

Umunyamakuru Ngabo Roben usanzwe azwi mu itangazamukuru ry’ibiganiro bya Siporo, yamaze kwinjira mu muryango mugari w’abanyamakuru ba RADIOTV10. Yagarutse ku rugendo rwe mu mwuga w’itangazamakuru yiyumvagamo kuva akiri muto.

Ngabo Roben ugiye kujya akora mu kiganiro kiyoboye ibindi mu bya siporo mu Rwanda, ’10 Sports’ kizwi nk’Urukiko rw’Imikino gisanzwe gitambuka kuri Radio 10 no ku bindi Bitangazamakuru bya RADIOTV10.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025 ubwo uyu munyamakuru yakirwaga muri iki kiganiro n’abanyamakuru basanzwe bagikora, yavuze ko yishimiye kwinjira mu muryango mugari w’iki Gitangazamakuru.

Yagize ati “Sinshidikanya, ni cyo gitangazamakuru kinini nkoreye, iyo mvuze kinini, mba mvuze mu bintu byinshi, urebye ahantu kigera, urebye umubare w’abakozi gifite, urebye n’uburyo nyine muba mubayeho neza, mba mbibona amafaranga mufite mu mihanda ya Kigali.”

Ngabo Roben ubwo yagarukaga ku rugendo rwe mu mwuga w’itangazamakuru, yavuze ko yakuze yiyumvamo kuzakora uyu mwuga, kuko yawukundaga akiri muto.

Ati “Niga mu mashuri yisumbuye natekerezaga kuzaba umunyamakuru, ariko umuryango nakuriyemo, ntabwo ari ko babibonaga, ku buryo ibyo nagiye kwiga mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye si byo nashakaga, ariko umuryango ni byo washakaga, njya kubyiga ntabikunze.”

Ngabo Roben avuga ko nubwo yagiye kwiga amasomo adafite aho ahuriye n’azamuganisha mu mwuga w’itangazamakuru, ariko ko yakomeje gutekereza ku nzozi ze zo kuzaba umunyamakuru, ndetse akabiharanira, kuko yatangiye kujya yinjira mu busesenguzi akiri muto.

Ati “Iyi studio, nayinjiyemo muri 2013 niga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye, icyo gihe uwari umunyamakuru wa hano Jado Dukuze [Dukuzimana Jean De Dieu] yajyaga antumira ku Cyumweru, nkumva ni ibintu bimpa ibyishimo kurusha ibindi.”

Ngabo avuga ko icyo gihe yari akiri muto kuko yari afite imyaka 17, ndetse bamwe mu bakorera iki gitangazamakuru bagashaka kumuha kwimenyereza umwuga w’itangazamakuru, ariko ko bitari gushoboka kuko atari afite imyaka y’ubukure, none akaba ahagarutse ari umukozi. Ati “Rwari rusibiye aho ruzanyura, cyera kabaye ndahageze.”

Uyu munyamakuru, avuga ko hagati ya 2015 na 2020 yari umunyamakuru wa Isango Star anabibangikanya no kwandika ku kinyamakuru Umuseke, ndetse nyuma aza no gukorera ibindi bitangazamakuru birimo ibyandika nka Igihe.

Hagati ya 2020 kugeza muri 2023, yakoreye igitangazamakuru cya Radio na TV 1, nyuma aza kujya mu ikipe ya Rayon Sports, ashinzwe Itangazamakuru, itumanaho n’ubuvugizi, ari na ho yari ari kugeza ubu.

Ati “Nishimiye rero aka kanya kuba ndi muri Radio 10 nk’umunyamakuru wa Siporo, nkaba n’umucamanza mu rukiko, ndaje tuzice rero, bamenye ko impaka zigiye gucika.”

Uyu munyamakuru avuga ko ku bijyanye n’akazi ko muri Rayon Sports, azakomeza kuba hafi iyi kipe asanzwe anafana, ariko ko bitazabangamira inshingano ze nk’umunyamakuru, kuko ntacyo azajya yifataho cyangwa ngo areke kukivuga mu buryo bwa kinyamwuga.

Ngabo Roben ubwo yahabwaga ikaze n’abanyamakuru bagenzi be

Yishimiye kuba agiye gukorera iki gitangazamakuru

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Min.Nduhungirehe yagaragaje iburashingiro ry’ibirego by’ibinyoma Congo yakomeje kwegeka ku Rwanda

Next Post

Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

Related Posts

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

by radiotv10
02/05/2025
0

Mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) yo gushaka ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 muri Volleyball, mu cyiciro cy’abakobwa, ikipe...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

Icyizere ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahura, iby’ibihano Congo isabira u Rwanda,…-Perezida wa Congo-Brazza yabivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.