Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarokotse impanuka ikomeye yabereye Rulindo bavuze ibidakwiye bakorewe n’ababagezeho bwa mbere

radiotv10by radiotv10
20/02/2025
in MU RWANDA
2
Abarokotse impanuka ikomeye yabereye Rulindo bavuze ibidakwiye bakorewe n’ababagezeho bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari mu modoka itwara abagenzi iherutse gukorera impanuka ikomeye mu Karere ka Rulindo igahitana abantu 20, bavuga ko bababajwe no kubona bamwe mu baturage babagezeho bwa mbere bari bashishikajwe no gutwara ibyabo aho kubatabara nyamara hari benshi bari bakeneye ubutabazi bwihuse.

Ni nyuma y’impanuka ikomeye yabereye mu Murenge wa Rusiga mu Karere ka Rulindo hafi y’ahazwi nko ku Kirenge habereye ubwo bisi ya Kompanyi itwara abagenzi ya International Express, yarengaga umuhanda ikagwa mu kabande.

Iyi mpanuka y’imodoka yari irimo abagenzi 53, yahitanye ubuzima bw’abantu 20, abandi barakomereka, barimo n’abakirwariye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali-CHUK.

Bamwe muri aba barokotse iyi mpanuka, babwiye ikinyamakuru cyitwa Kigali Today, ibyo banenga babonanye abaturage bo muri aka gace kabereyemo iyi mpanuka, babagezeho bwa mbere.

Jean Damascène Iranzi uvuga ko yari yavunitse akaguru n’akaboko mu buryo bukomeye, yavuze ko ubwo yiyambazaga umuntu yabonaga hafi aho ngo amutabare, yamubonyeho ibidakwiye indangagaciro Nyarwanda.

Ati “Natabaje mbwira umuntu ngo aze amfashe, aho kumfasha ankuramo itiriningi arayijyana, nari mfite igikapu hari harimo ibyangombwa byose ibyo sinzi ngo byagiye hehe.”

Uyu muturage ubu urwariye muri CHUK, avuga ko muri iriya modoka bari kumwe n’umugore wari ufite igikapu kirimo inkweto, ariko ko yatunguwe no kubona abantu baraje bajya kureba ibiri muri icyo gikapu aho gutaraba abari mu kaga.

Ati “Aho kugira ngo baze kudutabara, baje kwifatira izo nkweto, basaka n’ibikapu natwe badusaka. Abantu bameze batyo ni abo kugawa.”

Umunyekongo witwa Chadrack Kikombe na we wari muri iriya modoka aho yari yerecyeje i Goma, avuga ko ntakintu yasigaranye kuko ibyo yari afite byatwawe n’abaje kubasahura.

Ati “Ubu aha ndi nta byangombwa na bimwe mfite, na telefone ni uko, na mudasobwa yanjye ni uko yabuze.”

Iyi migirire yagaragajwe n’aba baturage, inengwa n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, wavuze ko ubusanzwe umuntu wiba ikintu cy’umuntu wakoze impanuka, aba akoze icyaha kinahanirwa n’amategeko.

Yagize ati “Kwiha ikintu cy’undi mu buryo nka buriya ni icyaha, noneho kugitwara ari mu bihe nka biriya nta bushobozi aba agifite, nta mbaraga aba agifite, hari n’ukubona ariko atabasha gutera induru no kwirwanaho n’utakubona washizemo umwuka. Ibyo byo rwose ni icyaha.”

Ubwo iyi mpanuka yari imaze kuba, habayeho ubufatanye bw’inzego zinyuranye zirimo Polisi y’u Rwanda, inzego z’ibanze, ndetse n’iz’ubuzima kuko iyi mpanuka yari ikomeye.

Icyo gihe kandi Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo yihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri iyi mpanuka, ndetse inizeza ububasha bukenewe kuri iyo miryango yatakaje abayo kimwe n’abakomereye muri iriya mpanuka.

Yari impanuka ikomeye
Bamwe mu barokotse impanuka y’i Rulindo barwariye muri CHUK

Ivomo: Kigali Today

RADIOTV10

Comments 2

  1. Mfitimana Egide says:
    3 months ago

    Birababaza kdi biteye agahinda pe 😭😭
    Ubu x abatwaye ibintu byabandi bo baracyabirya???
    Iyisi izabigisha kuko uwo itaratahira ubukwe iba ikimushakira imishanana 🤭🤭

    Reply
  2. Twahirwa says:
    3 months ago

    Kirazira kwiba

    Kwiba noneho uwakoze impanuka ni ubunyamanswa

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − two =

Previous Post

Hatangajwe amakuru agezweho ku cyorezo cya Ebola muri Uganda

Next Post

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Menya Amakipe yageze muri 1/4 cy’icy’Amahoro n’uko azahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.