Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ibimenyetso byerekana uburyarya bw’u Bubiligi mu bibazo byarwo na Congo

radiotv10by radiotv10
19/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagarutse kuri bimwe mu byerekana uburyarya bw’u Bubiligi mu bibazo by’u Rwanda na DRC, birimo kuba butaragize icyo bukora ku bintu byose byakozwe bibangamira u Rwanda birimo kuba Perezida Tshisekedi yaravuze kenshi ko azarutera agakuraho ubutegetsi, bukaryumaho ahubwo bukaba burushinja ibinyoma.

Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ibi nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda ifashe icyemezo cyo guhagarika imikoranire n’u Bubiligi kubera kurukangisha ibihano ku nkunga.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot mu butumwa bwe avuga ko Guverinoma y’u Bubiligi yamenye icyemezo cy’u Rwanda cyo guhagarika imikoranire, yavuzemo ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rwavogereye ubusugire bwa Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda asubiza ubu butumwa bwa mugenzi we w’u Bubiligi, yavuze ko bitangaje kubona u Bubiligi buhagarara kuri uru ruhande rwokamwe n’ibikorwa bibi, bukirengagiza impamvu zakomeje gutangwa n’u Rwanda.

Yagize ati “Igihe Perezida Félix Tshisekedi yafashaga akanaha intwaro umutwe w’abajenosideri wa FDLR, akanawinjiza mu ngabo ze, u Bubiligi bwararebaga ariko ntacyo bwabikozeho.

Igihe Perezida Tshisekedi yavugaga inshuro nyinshi ku karubanda ko azakuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, akanarasa ibibombe muri Kigali atiriwe ahagera, u Bubiligi bwarabyumvise neza ariko buryumaho.

Ubwo Perezida Tshisekedi yakoreshaga amamiliyari y’amadolari mu kugura intwaro za rutura, zirimo na Drone n’indege z’intambara kugira ngo abashe kugera ku mugambi we, ubwo yemeraga ko habaho ubufatanye hagati y’Igisirikare cye, FDLR, ingabo z’Abarundi n’iza SAMIDRC, kimwe n’abacancuro b’Abanyaburayi, nubundi ku ntego imwe, i Bruxelles barabimenyaga ariko bakigiraba ba ntibindeba.”

Yavuze kandi ko hagiye hakorwa ibindi bikorwa bibi bishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Congo, nko kuba FARDC yarakomeje kwica ku manywa y’ihangu Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bo muri Kivu ya Ruguru, ndetse n’Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo kimwe n’Aba-Hema muri Ituri, byose u Bubiligi bwabimenye ariko bubirenza ingohi.

Ati “Iyo rero Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi avuga ngo Igihugu cye ‘kirashaka inzira za kinyamwuga zo guhagararika amasezerano y’ubufatanye afitiye inyungu Abanyarwanda’ ibi ntabwo ari imvugo y’Ubukoloni bw’isura nshya (neocolonial) gusa, ahubwo ni n’uburyarya.”

Ati “Mbere na mbere, Ubwami bw’u Bubiligi sibwo burajwe inshinga n’imibereho myiza y’Abanyarwanda, ahubwo bireba Guverinoma y’u Rwanda ubwayo.

Icya kabiri, iyo u Bubiligi buza kuba bukorera ‘inyungu z’Abanyarwanda’ ntabwo bwari kwirukanga bushyira igitutu ku bafatanyabikorwa bacu ngo bahagarike imikoranire igamije iterambere ry’Abanyarwanda.”

Minisitiri Nduhungirehe yasoje ubutumwa bwe avuga ko u Rwanda ruzi ibyo u Bwami bw’u Bubiligi bwakoze mu mateka yarwo n’uburyo bwitwara iyo bigeze mu bihe byo kurengera Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 12 =

Previous Post

Amakuru aramutse avugwa ku rugamba rwa M23 na FARDC

Next Post

Hatewe intambwe y’amateka mu rugendo ruganisha gushyira akadomo ku ntambara yashegeshe Isi

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatewe intambwe y’amateka mu rugendo ruganisha gushyira akadomo ku ntambara yashegeshe Isi

Hatewe intambwe y’amateka mu rugendo ruganisha gushyira akadomo ku ntambara yashegeshe Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.